By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Senateri Mukabalisa Donatille wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe, apfiriye mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal aho yari arwariye.
Amakuru dukesha Igihe avugako urupfu rwe rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30/07/2026. Umwe mu Basenateri bakoranaga yatangarije Igihe,ko aherutse kumusura ku bitaro aho yari arwariye.
Mukabalisa Donatille yavukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera muri Nyakanga 1960. Yabaye umwarimu wigisha amategeko muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), ndetse anakorera mu Muryango w’Abibumbye mu mashami yawo arimo Ishami ry’Ubuzima (OMS) n’ishinzwe Iterambere (UNDP) mu gihe cy’imyaka 16.
Mu Ukwakira 2003, Mukabalisa yatorewe kuba Umudepite, umwanya yagiyemo kugeza mu 2008. Yaje kuba Umusenateri kuva mu 2011 kugeza mu 2013, mbere yo gusubira mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite mu 2013, aho yayoboye kugeza mu 2024.
Ntabwo yongeye kwiyamamaza mu matora ya 2024 nyuma yo kumara manda ebyiri muri uyu mutwe w’Inteko.
Mukabalisa Donatille kandi yari Perezida w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL, ryashinzwe tariki ya 14 Nyakanga 1991.





