Saturday, August 8, 2026
Home Blog

Abamamazabuhinzi 311 bahawe impamyabushobozi

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Abamamazabuhinzi 311 basoje amahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) binyuze mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye na One Acre Fund.

Abo bamamazabuhinzi bahawe impamyabushobozi zemewe ku rwego rw’igihugu, nyuma yo guhugurwa ku buhinzi bwa kijyambere, kubungabunga ubutaka no gukoresha uburyo bushobora kongera umusaruro.

Muribo, harimo abajyanama b’ubuhinzi 234 bakorera ku byanya bigega ndetse n’abakozi 77 ba One Acre Fund bashinzwe gukurikirana ibikorwa by’uyu muryango hirya no hino mu gihugu.

Mu byo basabwe gushyira mu bikorwa harimo kwegera abahinzi, kubagira inama no kubafasha guhinga kinyamwuga, kugira ngo babone umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge.

Mukeshimana Drocella, ushinzwe iyamamazabuhinzi mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera, yavuze ko ubumenyi bahawe buzabafasha gufasha abahinzi guhinga kinyamwuga.

Ati: “Tugiye gufasha abahinzi guhinga kinyamwuga, bakabona umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge, kugira ngo babashe kwihaza mu biribwa no kubona ibyo basagurira amasoko.”

Yavuze kandi ko mu mahugurwa bahawe ubumenyi ku buryo bwo guhangana n’ibibazo biterwa n’ihindagurika ry’ikirere no gufasha umuhinzi kuva ku buhinzi bwo kwihaza gusa akajya mu buhinzi bw’umwuga.

Dushimiyimana Eric, umwe mu barangije amahugurwa, yasabye abashinzwe ubuhinzi kwegera abahinzi, bakumva ibibazo byabo n’ibyo bifuza gukorerwa.

Yavuze ko amahugurwa yabafashije kubona uburyo bwo kuzamura ubuhinzi, cyane cyane mu bice aho ubuhinzi butakorwaga kinyamwuga.

Ati: “Umusanzu wacu ni ugufasha kuzamura ubuhinzi butari bumeze neza. Hari aho ubuhinzi butakorwaga kinyamwuga, ariko kuva dutangiye aya mahugurwa hari impinduka zatangiye kugaragara. Tugiye gukomeza kwigisha abahinzi.”

Dushimiyimana yavuze kandi ko bagiye gushyira imbaraga mu kubungabunga ubutaka, cyane cyane mu guhangana n’isuri.

Ati: “Hari ibibazo byagaragaraga cyane cyane mu kurwanya isuri, ariko ubu tugiye gushyira imbaraga mu kubungabunga ubutaka kugira ngo butazongera gusigara bwambaye ubusa.”

Yatanze urugero rw’abahinzi bamwe bongereye umusaruro w’ibirayi uva kuri toni eshanu cyangwa icumi kuri hegitari ukagera kuri toni 20 na 25, nyuma yo gukurikiza uburyo bugezweho bigishijwe.

Sonia Muhikaze, Umuyobozi mukuru ushinzwe guhuza ibikorwa bya One Acre Fund na Leta y’u Rwanda, yavuze ko ubufatanye bw’uyu muryango na Leta bumaze gufasha abahinzi barenga miliyoni ebyiri kubona ubumenyi n’ubufasha mu buhinzi.

Muhikaze yavuze ko kuva mu 2015, ibikorwa by’iyamamazabuhinzi byiyongereyeho 400%, ndetse ko ubu buryo bwagize uruhare mu gushyira mu bikorwa politiki z’igihugu z’iyamamazabuhinzi no gutanga amakuru afasha mu gufata ibyemezo byongera umusaruro.

Yavuze kandi ko abarangije icyiciro cya mbere cy’aya mahugurwa bagize uruhare mu kongera umusaruro w’ubuhinzi ku kigero cya 16% binyuze mu gukoresha inyongeramusaruro no kubungabunga ubutaka.

Impamyabushobozi zatanzwe mu muhango wo gusoza Imurikabikorwa Mpuzamahanga ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ku nshuro ya 19 ryabereye ku Mulindi mu Mujyi wa Kigali, ryitabiriwe n’abamurika ibikorwa basaga 670.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, yavuze ko Leta y’u Rwanda izakomeza gushyigikira abahinzi kugira ngo ibyo bakora birusheho kubabyarira inyungu.

Yakanguriye abahinzi, aborozi n’abandi bafatanyabikorwa gukoresha ubumenyi bungutse, cyane cyane guhera mu gihembwe cy’ihinga cyo muri Nzeri 2026.

Ati: “Umusaruro uzapimirwa ku muvuduko w’ivugurura ry’ubuhinzi n’ubworozi, ndetse n’uburyo bizagira uruhare mu kuzamura umusaruro no guteza imbere igihugu muri rusange.”

One Acre Fund izwi nka Tubura ifite intego yo kugera ku byanya bigega 1.100 no gufasha abahinzi barenga ibihumbi 115 bahinga kuri hegitari zisaga ibihumbi 62 bitarenze 2030.

Zuchu uherutse gukina n’amarangamutima y’abafana aritegura kwibaruka

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Umuhanzikazi Zuchu wo muri Tanzania uherutse gukina n’amarangamutima y’abafana akomeje kuba ku isonga mu biganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushyira amafoto ye agaragaza ko atwite.

Mu minsi ishize uy’umuhanzi, aherutse gutangaza ko yatandukanye na Diamond Platnumz kurubu yatunguranye mu mafoto yashyize kuri Instagram ye yerekana Zuchu yambaye imyenda imufashe umubiri, inda igaragara neza, ndetse asa nk’uri mu myiteguro yo kwakira umwana mu buryo buzwi nka “baby shower”.


Aya mafoto yahise ateza urujijo cyane ku bakunzi be, bitewe n’uko mu minsi ishize yari yahakanye amakuru yavugaga ko yaba atwite cyangwa yarabyaye. Zuchu icyo gihe yavuze ko ayo makuru atayazi kandi ko ari ibihuha byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga.

Kugaragara muri aya mafoto bibaye nyuma yuko yaraherutse gutangaza ko yatandukanye n’umuhanzi Diamond Platnumz, aho yavuze ko bombi bahisemo gutandukana nyuma y’imyaka igera kuri itandatu bari bamaze bakundana, aho yavuzeko buri wese agiye kwibanda ku buzima bwe no gukomeza gukora w’umuziki we.


Uretse iby’urukundo rwe na Diamond, mubindi bikomeje gukurura impaka, abantu ni uko kuri Instagram ya Zuchu hatakigaragaramo ko agikorana na label ya Wasafi ya Diamond Platnumz.
Zuchu yinjiye mu muziki mu 2020 asinyira WCB Wasafi, ahita agaragaza ubushobozi bwe nk’umwe mu bahanzikazi bakomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

Umuhanzi Zuchu yumvikanye cyane mundirimbo zitandukanye yagiye akorana na Diamond Platnumz, Zirimo, Inama, Mtasubiri, Wale Wale na Raha ndetse nizindi.

Kanda hano hasi wumve ubwo Diamond yasabaga Zuchu kumubyarira bari kurubyiniro

Mukabalisa Donatille, wahoze ayobora Inteko Ishinga Amategeko y’Abadepite yitabye Imana azize uburwayi

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Senateri Mukabalisa Donatille wahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye igihe, apfiriye mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal aho yari arwariye.

Amakuru dukesha Igihe avugako urupfu rwe rwamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30/07/2026. Umwe mu Basenateri bakoranaga yatangarije Igihe,ko aherutse kumusura ku bitaro aho yari arwariye.

Mukabalisa Donatille yavukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera muri Nyakanga 1960. Yabaye umwarimu wigisha amategeko muri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), ndetse anakorera mu Muryango w’Abibumbye mu mashami yawo arimo Ishami ry’Ubuzima (OMS) n’ishinzwe Iterambere (UNDP) mu gihe cy’imyaka 16.

Mu Ukwakira 2003, Mukabalisa yatorewe kuba Umudepite, umwanya yagiyemo kugeza mu 2008. Yaje kuba Umusenateri kuva mu 2011 kugeza mu 2013, mbere yo gusubira mu Nteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite mu 2013, aho yayoboye kugeza mu 2024.

Ntabwo yongeye kwiyamamaza mu matora ya 2024 nyuma yo kumara manda ebyiri muri uyu mutwe w’Inteko.

Mukabalisa Donatille kandi yari Perezida w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL, ryashinzwe tariki ya 14 Nyakanga 1991.

Uruganda rutunganya ibihaza rumaze guha akazi urubyiruko 120, harimo 30 bafite ubumuga

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Uretse gutunganya ibihaza bikabyazwamo ibikomoka ku farini, Iwacu Bakery Solutions Ltd ikomeje kugira uruhare mu gufasha urubyiruko kubona ubumenyi ngiro n’akazi. Uru ruganda rwashinzwe na Valens Ruhorimbere, urangije amasomo mu bijyanye na Food Science and Technology muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma yo kubona ko ibihaza byeraga ari byinshi ariko bikabura isoko ntibigire agaciro byatumye abibyaza umusaruro.

Ati: “Nabonye ko ibihaza bishobora kugira umumaro mu kongerera agaciro umusaruro w’abahinzi bo mu gihugu, ari nako bitanga imirimo irambye ku rubyiruko. Ni igihingwa kiboneka cyane mu mirima yacu, ariko cyari cyirengagijwe nk’igihingwa cyatanga umusaruro mu bucuruzi.”

Ruhorimbere yakoresheje ubumenyi yavanye muri kaminuza ashinga Iwacu Bakery Solutions Ltd ikorera munsi y’ikirango cya IHANGO Maxima, aho batunganya ibihaza bakabyazamo imigati, keke n’ifu yihariye igamije guteza imbere ubuzima bwiza bw’abaturage no kugabanya iyangirika ry’umusaruro w’abahinzi nyuma yo gusarurwa.

Ku bufatanye na UPHLS, uru ruganda rumaze guhugura urubyiruko rugera kuri 120 rwo mu Karere ka Gatsibo. Muri bo harimo abakobwa n’abagore 70 ndetse na 30 bafite ubumuga, bose bahabwa ubumenyi ngiro mu byo guteka imigati no gukora ibindi bitandukanye.

Mu bahawe ayo mahugurwa harimo Eliezer Manirareba, umusore ufite ubumuga wageze muri uru ruganda ashaka amahugurwa y’umwuga. Yavuze ko mbere yo kuhagera, kubona akazi byari bimugoye kubera uko abantu babonaga abafite ubumuga. Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’akazi, yagaragaje ubushobozi budasanzwe kugeza ubwo yabaye umwe mu bakozi bitwara neza kurusha abandi.

Agaruka kuri uru rugero, ati: “Byanyeretse ko ubumuga atari ukudashobora, iyo abantu bahabwa amahirwe angana, bashobora gutanga umusaruro udasanzwe.”

Mu ntangiriro, uru ruganda rwakoraga ku rugero ruto kubera kubura ibikoresho bihagije n’inyubako zigezweho zitunganyirizwamo umusaruro. Nyuma rwaje kubona inkunga ya Matching Grant yatanzwe binyuze muri Sustainable Agricultural Intensification and Food Security Project (SAIP). Umushinga wari ufite agaciro ka RWF 101,239,532, aho SAIP yatanze 70% by’ingengo y’imari, naho Ruhorimbere atanga 30%.

Asobanura akamaro k’iyo nkunga, Ruhorimbere yagize ati: “Mbere yo kubona inkunga ya SAIP Matching Grant, twari dufite ibikoresho bidahagije n’ubushobozi buke bwo gukora umusaruro mwinshi. Iyo nkunga yadufashije kubaka uruganda rutunganya umusaruro rujyanye n’igihe no kubona imashini z’ingenzi zituma twongera umusaruro wiza.”

Kugeza ubu, uru ruganda rumaze guha akazi abakozi bahoraho 17 ndetse n’abarenga 20 bakora by’igihe gito, runabera isoko ryizewe abahinzi b’ibihaza. Uruganda kandi rufite Food Operation License yatanzwe na Rwanda FDA, ndetse ruri mu cyiciro cya nyuma cyo kubona icyemezo cy’ubuziranenge cya RSB S-Mark, nyuma yo gutanga ibizamini byose byo muri laboratwari.

Mu gusoza, Ruhorimbere ashishikariza urubyiruko gutangira imishinga ikemura ibibazo biri muri Rubanda.

Ati”Ntimugatinye gutangira ni mutangiza ibyo mufite, muzaba mukemuye ikibazo gifatika kiri mu muryango, mugire intego kandi mukomeze kwiga kuko inkunga n’amahirwe bizaza ku gitekerezo gifite ishingiro no ku muhate muhozaho.”

U Rwanda rubonye itike ya AfroBasket U18 2026 nyuma yo gutsinda Uganda

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Ikipe y’uRwanda y’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball (U18) yegukanye itike yo kuzitabira Igikombe cya Afurika cya 2026 kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire, nyuma yo gutsinda Uganda amanota 70-65 muri ½ cy’irushanwa rya AfroBasket U18 Zone V Qualifiers ryabereye i Cairo mu Misiri.

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri waranzwe no guhangana gukomeye, ariko u Rwanda rwakomeje kwitwara neza kugeza ku munota wa nyuma, rwegukana intsinzi yaruhesheje guhagararira Akarere ka Gatanu muri AfroBasket U18 2026.

Mbere yo kugera muri ½, u Rwanda rwari rwatangiye neza irushanwa rutsinda Tanzania amanota 86-57, nyuma rutsindwa na Misiri amanota 80-71 mu mukino usoza amatsinda. Ibyo byaruruhesheje gukomeza muri ½, aho rwongeye kwerekana urwego rwiza rusezerera Uganda.

Mu bakinnyi bitwaye neza harimo Hugo Victor NGABONZIZA watsinze amanota 25 na Sean Mwesigwa watsinze amanota 13.

Nyuma yo kubona itike yo kwitabira Igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzakina umukino wa nyuma w’iri rushanwa rugamije kwegukana igikombe cya Zone V, mu gihe amahirwe yo kuzaserukira Akarere ka Gatanu muri AfroBasket U18 2026 yamaze kuboneka.

Urban Boys yateguje igitaramo cya “Replay Vol.1” i Kigali

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Urban Boys yamaze kwemeza ko izataramira i Kigali ku wa 8 Kanama 2026 mu gitaramo cyiswe “Replay Vol. 1”, nyuma y’igitaramo itegerejwemo muri MTN Iwacu Muzika Festival i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.

Iki gitaramo kizaba kigamije kwizihiza isabukuru ya Zaria Courts imaze kuva itashywe.

Amakuru yemejwe na Safi Madiba yavuze ko bishimiye gukomeza kubona amahirwe yo kongera guhurira n’abakunzi babo mu bitaramo bitandukanye.

Yagize ati: “Twe muri kamere yacu twifuza gutaramana n’abakunzi bacu aho bari hose. Ni amahirwe kuba Zaria Courts yaratwiyambaje, bikaduha andi mahirwe yo kongera gutaramana n’abakunzi bacu b’i Kigali.”

Safi Madiba yavuze kandi ko uretse ibi bitaramo bibiri byamaze kwemezwa, bari mu biganiro n’abandi bategura ibitaramo, ku buryo hari amahirwe menshi ko abakunzi ba Urban Boys bazongera kuyibona kenshi mu minsi iri imbere.

Kwinjira muri iki gitaramo cya “Replay Vol. 1” ni 7.000 Frw ku myanya isanzwe na 15.000 Frw ku myanya y’icyubahiro.

Muri iki gitaramo, Urban Boys izahurira ku rubyiniro na Amalon, mu gihe Selekta Faba ari we uzavanga imiziki, naho Lucky Nzeyimana akazaba ari umushyushyarugamba.

Kanda hano wumve indirimbo ya Urban Boys yakoranye na Iyanya wo muri Nigeria

Urban Boys yahishuye ibizakurikira nyuma y’igitaramo cy’i Rubavu

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Nyuma y’imyaka umunani batagaragara bari kumwe ku rubyiniro, Safi Madiba, Humble Jizzo na Nizzo Kaboss bongeye guhura ari batatu k’urugamba, mbere y’igitaramo bazataramira abakunzi babo i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.

Mu ijoro ryo ku wa 21 rishyira ku wa 22 Nyakanga 2026, Safi Madiba wari uturutse muri Canada na Humble Jizzo wari uvuye i Nairobi muri Kenya bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, bakirwa na mugenzi wabo batangiranye itsinda rya Urban Boys, Nizzo Kaboss.

Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru bakigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Humble Jizzo yavuze ko atari Abanyarwanda gusa babakumbuye, ahubwo na bo ubwabo bari bakumbuye kongera kuririmbana imbere y’abakunzi babo.

Yagize ati: “Ni ibintu byiza. Nk’uko ubivuze, hari hashize imyaka umunani. Gusa nta cyahindutse ku buryo abantu badufata. Ahubwo turashaka kurenza ibyo twabahaga mbere. Abantu baradukumbuye, natwe twari dukumburanye. Iyo abantu bahuye bamaze igihe bakumburanye, uba uzi ibyishimo bibaranga.”

Nizzo Kaboss yavuze ko abazitabira igitaramo bazahuriramo ko bakwiye kwitega ibyishimo byinshi.

Yagize ati: “Bitege ibyishimo kuko natwe turishimye. Twari dukumbuye kongera gutaramana n’abakunzi bacu no kongera kubabona.”

Abajijwe niba kongera guhura kwabo kuzakurikirwa no gukora indirimbo nshya, Nizzo Kaboss yavuze ko ibisubizo birambuye abantu bazabimenya nyuma y’igitaramo bazakorera i Rubavu.

Yagize ati: “Byose birashoboka, ariko ibindi reka tuzabimenye nyuma yaho.”

Safi Madiba yahise amwunganira mu buryo bwo gutebya, agira ati: “Uko tuzasa ntikurerekanwa. Icy’ingenzi ni uko tuzajya i Rubavu, ibindi turi hano, nibiba ngombwa tuzabitangaza.”

Mu bakiriye Urban Boys harimo na Muyoboke Alex wakoranye n’iri tsinda imyaka myinshi. Yavuze ko yifuza kongera kuribona rikora indirimbo nshya ndetse rikanategura ibitaramo bitandukanye.

Nizzo Kaboss ahoberana na mugenzi we Humble Jizzo, batangiranye itsinda rya Urban Boyz

Safi Madiba mukanyamuneza ahobera, Nizzo Kaboss

Alex Muyoboke wabaye hafi y’itsinda Urban Boys mubihe byo hambere nawe yari mu baje kwakira Safi Madiba na Humble Jizzo

Safi Madiba mukanyamuneza kenshi n’ururabo

Nyuma y’imyaka itandatu akundana, na Diamond, Zuchu yatangaje ko batandukanye

Na Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Nyuma y’imyaka itandatu ari mu rukundo na Naseeb Abdul wamamaye nka Diamond Platnumz, umuhanzikazi wo muri Tanzania, Zuhura Othman Soud uzwi nka Zuchu, yatangaje ko batakiri kumwe ndetse ko batangiye inzira ya gatanya muburyo bwemewe n’amategeko.

Aya makuru Zuchu yayatangaje ku Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026, abinyujije ku rubuga rwa Instagram, aho yavuze ko yafashe uwo mwanzuro nyuma y’imyaka itandatu yari amaze ari mu rukundo na Diamond Platnumz.

Mu butumwa bwe yagize ati: “Mbamenyesheje ibi n’umutima uremerewe. Nyuma y’imyaka itandatu turi kumwe, nahisemo kwibanza no kwiyitaho. Njye na Naseeb Abdul twaratandukanye kandi turi mu nzira za gatanya.”

Zuchu yakomeje yifuriza Diamond Platnumz n’umuryango we ibyiza, agaragaza ko nubwo bitamworoheye, yemeye kwakira ubuzima yinjiyemo.

Yagize ati: “Nifurije uwahoze ari umukunzi wanjye Naseeb Abdul n’umuryango we ibyiza byose. Kuri ubu ngiye gufata umwanya wo gukira ibikomere, kwita ku buzima bwanjye no gushyira imbaraga mu muziki wanjye. Twagerageje gukomeza urukundo rwacu ariko Imana igira imigambi yayo, kandi nta kundi nabigenza uretse kubyemera. Ubu ni ubuzima.”

Mu butumwa bwe, Zuchu ntiyagaragaje icyaba cyaratumye bafata umwanzuro wo gutandukana, ni mu gihe Diamond Platnumz kugeza ubu atari yatangaza icyo abivugaho kugeza.

Aya makuru aje nyuma y’umunsi umwe abakunzi babo batangiye kwibaza impamvu Zuchu atagaragaye mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Mama Dangote, umubyeyi wa Diamond Platnumz.

Kutaboneka kwe muri ibyo birori byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe batangira gukeka ko umubano wabo utari ugihagaze neza.

Mbere gato y’itangazo rya Zuchu, inshuti ya hafi ya Diamond Platnumz ndetse akaba n’Umudepite muri Tanzania, Baba Levo, yari yatangaje ko Zuchu atwite. Icyakora, Zuchu ntiyigeze agira icyo avuga kuri ayo makuru mu butumwa bwe.

Urukundo rwa Zuchu na Diamond Platnumz rwakunze kuvugisha benshi mu myaka yashize. Mu bihe bitandukanye bombi bagiye batangaza ko batandukanye, ariko nyuma bakongera kwiyunga.

Mu mwaka ushize kandi, havuzwe amakuru y’uko aba bombi bakoze ubukwe mu ibanga nyuma y’imyaka myinshi abakunzi babo bakekaga ko baba barasezeranye, nubwo nta tangazo bari barigeze batangaza.

Abanyarwanda barya amavuta ku gipimo cy’10% mugihe bakagombye kuyakoresha kukigero cya 26%

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Abanyarwanda barasabwa kongera ingano y’amavuta ari mu mafunguro yabo ikagera nibura ku kigero cya 26%, aho kuba 10%, mu rwego rwo kugaburira umubiri wabo intungamubiri ziwufasha gukora neza.

Dr Christine Mukantwari, ushinzwe agashami k’imirire muri FAO mu Rwanda, avuga ko umuntu akenera indyo igizwe n’amoko 12 y’ibiribwa, muriyo harimo ibinyampeke, ibinyamafufu, ndetse n’imbuto zikungahaye kuri Vitamini A ifasha umuntu kubona neza, no gukomeza ubudahangarwa bw’umubiri, inyama, amafi, amata, amagi, ibinyampeke, n’ibinyobwa.

Dr Mukantwari yavuze ko mu binyobwa umubiri ukeneye harimo amazi.

Ati”Mu bwoko 12 bw’ibyo kurya umuntu akeneye buri munsi, iyo wariye inyama ntuba ugomba kwihutira gushaka amagi.mugihe kandi wariye amagi na bwo si ngombwa kongeraho inyama kuko ushobora guhitamo kimwe muri byo. Iyo uriye amagarama 300 biba bihagije. Icy’ingenzi ni uko buri wese arya ibinyampeke akongeraho intungamubiri za protein ziva mu magi cyangwa ku bikomoka ku matungo, bikamufasha kugira ubuzima bwiza.”

Dr Mukantwari, avuga ko nyuma y’ibyo byose umuntu agomba no kwibuka gushyira mu mafunguro amavuta ariko adakabije.


Ati: “Muri rusange umubiri wacu ukenera amavuta ariko atari menshi, ntabwo ari byiza kurya amavuta menshi ugomba gutekesha make kuko afasha umubiri kongera intungamubiri ziri mu byo wariye, zikajya mu mara mato, zigakomereza mu maraso zigafasha umubiri gukora neza.”
Yongeyeho ko nubwo amavuta menshi atari meza ku buzima, Abanyarwanda bakiyarya ku gipimo kiri hasi.


Ati: “Amavuta menshi ni mabi ku mubiri, gusa hano mu Rwanda turya amavuta ku gipimo cya 10% kandi dusabwa kuyarya ku kigero cya 26%. nubwo bimeze bityo, hano iwacu tweza avoka ushobora kuyishyira kubyo ugiye kurya icyogihe ubuhaye umubiri amavuta arimo intungamubiri. Bivuze ko n’utariye amavuta y’ubuto ku isahani y’ibiryo icyo gihe biramufasha.”

Dr Mukantwari avuga ko ubushakashatsi bwakozwe muri 2024 bugaragaza ko imiryango 5% gusa ari yo ibasha kubona inyama, amata, amagi n’amafi.

Ati: “Imiryango 95% ntibona ibikomoka ku matungo. Iyo babajije urugo niba mu minsi irindwi ishize rwarariye inyama rukavuga ati Oya, ahoniho ubushakashatsi bwaturutse. Usanga Abanyarwanda ahanini birira ibinyamafufu n’ibinyampeke birimo ibishyimbo, imyumbati n’amashaza, bakabiherekesha imboga rwatsi kubera ubukangurambaga bwakozwe bw’uturima tw’igikoni, ugasanga abantu barazirya kuko zihari.”

Dr Christine, akomeza avuga ko amata na yo akiri make, kimwe n’inyama, bityo buri wese akwiye gushyira imbaraga mu kongera ibikomoka ku matungo haba mu rugo no ku isoko.

Ati”Kurya byinshi si cyo cy’ingenzi kuko umubiri ukenera imbaraga ziri hagati ya 2200 na 3200 ku munsi, zivuye ku binyampeke, imbuto, inyama, amafi n’amagi muri rusange. buri munyarwanda wese akwiye gushyiraho uruhare kugirango biboneke kuko batubwira ko tugeze ku mpuzandengo ya 2329 ku munsi.Ati”muri rusange turarya, nta kibazo cy’inzara dufite kandi abantu bafite imbaraga zo gukora imirimo yabo, ariko hasigaye kumenya ibyo umubiri ukeneye byose kugira ngo umuntu akomere, akure neza kandi atekereze neza.”

Ibarura ryakozwe muri 2022 rigaragaza ko 69% by’Abanyarwanda bakora imirimo y’ubuhinzi n’ubworozi, barimo 26,8% bakora ubuhinzi gusa, 64,2% bakora ubuhinzi n’ubworozi icyarimwe, mu gihe 9% bakora ubworozi gusa.
Iryo barura kandi ryagaragaje ko ingo miliyoni 1,7 zoroye nibura itungo rimwe. Muri zo, 28% zoroye inka, 19% zoroye ihene, 15% zoroye ingurube, 12% zoroye inkoko, 6% zoroye ingurube, mu gihe izisigaye zoroye andi matungo arimo inzuki n’intama.

Byitezwe ko umusaruro w’inyama z’inka uzava kuri toni zirenga ibihumbi 76 aho muri 2028/2029, inyama z’ihene zizava kuri toni zirenga ibihumbi 36 zigere kuri toni zirenga ibihumbi 41, iz’intama zive kuri toni ibihumbi 10 zigere kuri toni ibihumbi 11.

Inyama z’inkoko byitezwe ko zizava kuri toni ibihumbi 58 zigezwe kuri toni ibihumbi 65 mu 2028/2029 ingurube zizavanwa kuri toni zirenga ibihumbi 26 zigezwe kuri toni ibihumbi 29, amafi ave kuri toni ibihumbi 59 agezwe kuri toni ibihumbi 77.

Idini ubwaryo si ikibazo ariko riteza ikibazo ku myumvire y’abanyamadini, ibyavuzwe na Ntagengwa Omar

yanditswe na Seif Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Mu Rwanda rwo hambere, imyemerere yakorwaga mu mihango gakondo, aho habagaho kwambaza ryangombe, guterekera, biganisha ku kwemera ndetse n’ibindi byakorwaga mbere y’umwaduko w’abazungu.

Abazungu bakigera mu Rwanda, binjije amatwara y’imyemerere yabo mu Banyarwanda. Icyo gihe amadini n’amatorero ntabwo yari menshi cyane, nyamara mu myaka irenga 16 ishize yariyongereye ku buryo bugaragara. Kuva mu myaka yo hambere, amadini n’abayayoboraga bafatwaga nk’abareberera b’abakirisitu mu nzira igana ku butungane nyabwo, ibyo bigatuma bagaragara nk’abatagatifu badashobora gukora ikibi icyo ari cyo cyose.

Muri iki gihe, amwe mu madini yadutsemo imvururu zishingiye ku kwikunda no kwikubira imitungo, bituma abakirisitu bayafata nk’agamije kubakamamo ubushobozi bwabo, aho kubayobora mu nzira nyayo igororotse.

Ntagengwa Omar, Umunyarwanda uba ku mugabane w’iBurayi mu gihugu cy’u Bubiligi, avuga ko Sacre ari imibereho y’amadini kandi ko ishobora no kuba mu bintu bitandukanye.

Ati: “Ushobora kuvuga uti igiti ni Sacre cyangwa uriya mugezi ni Sacre. Ibi rero, wagaruka ku bibazo by’amadini igihe habayeho Sacre, abantu bagomba kumvikana uburyo babana na yo kuko itanga amabwiriza, ikagena umurongo, ikagira ibyo ibuza n’ibyo itegeka.”

Ntagengwa Omar avuga ko Sacre ari cyo abanyamadini bahuriyeho, kikaba ari cyo kibaha umurongo ngenderwaho. Ati: “Ntabwo rero wayobya umurongo wanjye, uwawe n’uw’undi ngo bikunde. Ahubwo ikibazo kiba mu idini si ukubaho kw’amadini, ahubwo ni amadini atakaza igitekerezo cya Sacre akagendera ku migenzo.”

Akomeza gushimangira agira ati: “Imigenzo, iyo amagambo yarenze umugani n’ibirango ni ibintu bivuga ayo magambo bikerekana Sacre, ukagaragaza ishusho yayo ifatika. Nk’uko iyo tuvuze igihugu tuvuga ibendera, ariko mu rwego rwo kuryubaha tukumva ko rihagarariye igihugu, ni cyo kiriha agaciro. Ikindi cya nyuma ni imigenzo. Iyo migenzo isobanura cya gihugu kidahari. Ni ukuyikorera aho ngaho ugasobanura igihugu. Ntabwo idini ubwaryo ari ikibazo, ahubwo ikibazo kiba mu madini y’uyu munsi ni ugushukwa no kugendera ku migenzo aho kugendera ku bitekerezo.”

Ntagengwa Omar akomeza avuga ko igitekerezo ari cyiza, ariko abantu bubatse imihango yo gukora imigenzo, bashyiraho n’ibimenyetso byayo nk’ijosi ry’amahame ari mu kwemera kugira ngo ajye mu bikorwa. Aha atanga urugero kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agira ati: “Jenoside yateguriwe hamwe kandi ishyirwa mu bikorwa, ariko kandi abantu baricaga bakajya no gusengera mu misigiti, bagafata rya jambo ry’Imana bakarivuga no mu kiliziya. Ni ukuvuga ko turi mu migenzo itandukanye n’igitekerezo cy’urukundo dushingiraho, kuko aho ni ho hari ikibazo. Dushaka kurebera idini mu muntu aho kumurebera mu bikorwa.”

Ati: “Natwe mu Bayisilamu bibamo ugasanga ngo kanaka ni umunyedini, arasali, ariko ashobora kuvayo akamara abantu, akiba cyangwa yamara gusali gakora n’ibindi. Ni ukuvuga ko imibereho yacu, kubera ko imigenzo ari yo iboneka, ari yo twahinduye idini. Ikibi mu idini ni ukugendera ku mihango ugasiga ibitekerezo bizima.”

Ntagengwa Omar akomeza avuga ko amadini ubwayo atari mabi, ariko ateza ikibazo cy’icyo abandi bita imbaraga zo hejuru cyangwa kikaba igitekerezo kituyobora kikaduha umurongo ngenderwaho. Ati: “Abantu Imana barayimitse, barayitaye bajya mu mihango. Ni na yo mpamvu uzumva bavuga ngo kanaka ni umunyedini mwiza. Wamubaza aho abibonera akagusubiza ko yitabira amasengesho, akaririmba cyane ateretse amaso, nyamara ashobora kugutera icyuma mu mugongo. Urugero ni intambara ziba mu madini ubwadz0. Nyamara iyo bari gusenga baba bahumurije, bateretse amaso.”

Atanga urugero ku Bangilikani, avuga ko ir’idini ryashinzwe mu mwaka wa 1517, aho nyuma yo gushyirwaho kwaryo, abitwa Abagatolika bishe Abaporoso mu ntambara yatangiye mu 1525 mu gihugu cy’u Bufaransa ikageza mu mwaka wa 1610, barwana bica Abaporoso, ukibaza icyo babicaga babahoye kikakuyobera. Ati: “Urugero naguha ni uko abo babicaga babaga bagiye mu misa, bakavamo bari kumwe na Padiri, bakajya gushaka abagore b’Abaporoso bashyinguwe bakabataburura bakabasambanya kandi byitwa ngo bavuye mu kiliziya bayobowe na Padiri.”

Ibi no mu Basilamu nabikwereka, no muri gakondo. Ati: “Gakondo twumva ko Musinga yari umuntu w’igitangaza, ariko se uzi abantu bo kwa Musinga bicanywe n’abo kwa Mutara? Ese iyo gakondo yababujije kwicana? Iyo tureba intambara zo kwa Gatarabuhura na Gahindiro, bose bari muri gakondo imwe. Rero abantu mukwiye kwitonda. Nta byo kumva ngo iri dini ni ryo ry’ukuri, ririya si ukuri, Ibyo muzabireke kuko amadini yose uyagiyemo wasanga afite ibibazo bimwe. Simvuga abakirisitu gusa kuko n’Abasilamu bahora mu ntambara zo guhangana.”

Omar Ntagengwa agaruka no ku idini ry’Abashiya, aho avuga ko ryaturutse igihe Abasuni bayoborwaga n’umuntu witwaga Mwawiya mu mwaka wa 1680, aho bishe umwuzukuru w’Intumwa y’Imana Muhamadi. Ati: “Uyu munsi iyo bavuze Muhamadi (SAW), bisobanura amahoro n’imigisha bibe kuri we. Wibeshye ukavuga ngo ntibishoboka, wamurwa inyuma. Ariko abo bari kumwe bamwiciye umwuzukuru, bamwicira abana. Iyo umuntu abikubwiye ugira ngo ni imikino, ukagira ngo ni ikintu cyoroshye. Nyuma yo kumwica i Karibara ni bwo hahise havuka idini ry’Abashiya. Ibi rero ni akaga gatangiza idini hakavuka abantu babyemera.”

Ati: “Idini ni iki? Ni Opinion de Partage, ari byo bisobanura ibitekerezo bisangiwe. Babitubwira tugahita tubyemera, twagira imbaraga bigakomeza. Izo mbaraga ziva mu butegetsi bwa politiki. Iyo butabayeho nta dini na rimwe ku isi ritagira igitekerezo ryavuyeho.”

Omar Ntagengwa akomeza avuga no ku makimbirane aba mu madini, aho avuga ko buri wese yumva idini asengeramo ari ryo ry’ukuri kandi ko ukuri kuri kumwe na we, bityo utari kumwe na we akaba ari mu buyobe. Ati: “Ikibazo rero kiba he? Kiba ku byo wabwiwe, nawe ukumva ko ugomba kubibwira abantu ku neza cyangwa ku nabi. Iyo akugiriye nabi mu idini ntabwo amenya ko akugiriye nabi, ahubwo abona ko akugiriye neza kuko yamamaza ukuri nyako kandi kuvuye ku Mana.”

Ati: “Ni nde se utakwamamaza ukuri kuvuye ku Mana kugira ngo gukize abantu, gukize abarimbuka? Ni yo mpamvu uzumva bavuga bati ‘Muze mugane inzira y’ubugingo muhonoke.’ Njye uko numva ibintu ni ko kuri kwonyine. Umuyisilamu akubwira ko idini ryemewe ari Ubuyisilamu, udasengeramo yaciriweho iteka kandi yarayobye. Abagatolika na bo bakakubwira ko hanze ya Kiliziya nta mukiro. Abaporoso na bo bati ‘nabonye agakiza’, bisobanuye ngo nararokotse. Ako gakiza iyo umaze kukabona, ubona ko utarakabona ari yo mpamvu wirirwa uzenguruka imisozi uvuga ngo ‘nimurokoke’, kandi kurokoka biri mu mufuka wa buri wese.”

Kuva u Rwanda rwabona ubwigenge mu mwaka wa 1962 kugeza mu mwaka wa 2012, mu gihugu habarurwaga amadini n’amatorero atarenga 180. Nyuma y’uko hashyizweho uburyo bwo kuyandika, yaje kwiyongera ku bwinshi, aho mu mwaka wa 2016 yari ageze kuri 1,500, aya akaba ari ayari yanditswe mu buryo buzwi, mu gihe hari andi menshi atarigeze yiyandikisha muri RGB.

Muri uwo mwaka, Umujyi wa Kigali wonyine wari ufite amadini 685, aho muri Nyarugenge hari 184, Gasabo 289 na Kicukiro 212.

Mu mwaka wa 2024 ni bwo RGB yakoze igenzura mu nsengero zisaga ibihumbi 13, ryasize nibura 59.3% by’izi nsengero zifunzwe kubera ko zitujuje ibisabwa. Mu gihe RGB yatangaje ko igenzura ryakozwe muri Gashyantare 2025 ryasize amadini n’amatorero 20 byambuwe uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.