By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Abamamazabuhinzi 311 basoje amahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) binyuze mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ku bufatanye na One Acre Fund.
Abo bamamazabuhinzi bahawe impamyabushobozi zemewe ku rwego rw’igihugu, nyuma yo guhugurwa ku buhinzi bwa kijyambere, kubungabunga ubutaka no gukoresha uburyo bushobora kongera umusaruro.
Muribo, harimo abajyanama b’ubuhinzi 234 bakorera ku byanya bigega ndetse n’abakozi 77 ba One Acre Fund bashinzwe gukurikirana ibikorwa by’uyu muryango hirya no hino mu gihugu.

Mu byo basabwe gushyira mu bikorwa harimo kwegera abahinzi, kubagira inama no kubafasha guhinga kinyamwuga, kugira ngo babone umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge.
Mukeshimana Drocella, ushinzwe iyamamazabuhinzi mu Murenge wa Kivuye mu Karere ka Burera, yavuze ko ubumenyi bahawe buzabafasha gufasha abahinzi guhinga kinyamwuga.

Ati: “Tugiye gufasha abahinzi guhinga kinyamwuga, bakabona umusaruro mwinshi kandi ufite ubuziranenge, kugira ngo babashe kwihaza mu biribwa no kubona ibyo basagurira amasoko.”
Yavuze kandi ko mu mahugurwa bahawe ubumenyi ku buryo bwo guhangana n’ibibazo biterwa n’ihindagurika ry’ikirere no gufasha umuhinzi kuva ku buhinzi bwo kwihaza gusa akajya mu buhinzi bw’umwuga.
Dushimiyimana Eric, umwe mu barangije amahugurwa, yasabye abashinzwe ubuhinzi kwegera abahinzi, bakumva ibibazo byabo n’ibyo bifuza gukorerwa.

Yavuze ko amahugurwa yabafashije kubona uburyo bwo kuzamura ubuhinzi, cyane cyane mu bice aho ubuhinzi butakorwaga kinyamwuga.
Ati: “Umusanzu wacu ni ugufasha kuzamura ubuhinzi butari bumeze neza. Hari aho ubuhinzi butakorwaga kinyamwuga, ariko kuva dutangiye aya mahugurwa hari impinduka zatangiye kugaragara. Tugiye gukomeza kwigisha abahinzi.”
Dushimiyimana yavuze kandi ko bagiye gushyira imbaraga mu kubungabunga ubutaka, cyane cyane mu guhangana n’isuri.
Ati: “Hari ibibazo byagaragaraga cyane cyane mu kurwanya isuri, ariko ubu tugiye gushyira imbaraga mu kubungabunga ubutaka kugira ngo butazongera gusigara bwambaye ubusa.”
Yatanze urugero rw’abahinzi bamwe bongereye umusaruro w’ibirayi uva kuri toni eshanu cyangwa icumi kuri hegitari ukagera kuri toni 20 na 25, nyuma yo gukurikiza uburyo bugezweho bigishijwe.
Sonia Muhikaze, Umuyobozi mukuru ushinzwe guhuza ibikorwa bya One Acre Fund na Leta y’u Rwanda, yavuze ko ubufatanye bw’uyu muryango na Leta bumaze gufasha abahinzi barenga miliyoni ebyiri kubona ubumenyi n’ubufasha mu buhinzi.

Muhikaze yavuze ko kuva mu 2015, ibikorwa by’iyamamazabuhinzi byiyongereyeho 400%, ndetse ko ubu buryo bwagize uruhare mu gushyira mu bikorwa politiki z’igihugu z’iyamamazabuhinzi no gutanga amakuru afasha mu gufata ibyemezo byongera umusaruro.
Yavuze kandi ko abarangije icyiciro cya mbere cy’aya mahugurwa bagize uruhare mu kongera umusaruro w’ubuhinzi ku kigero cya 16% binyuze mu gukoresha inyongeramusaruro no kubungabunga ubutaka.
Impamyabushobozi zatanzwe mu muhango wo gusoza Imurikabikorwa Mpuzamahanga ry’Ubuhinzi n’Ubworozi ku nshuro ya 19 ryabereye ku Mulindi mu Mujyi wa Kigali, ryitabiriwe n’abamurika ibikorwa basaga 670.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Telesphore Ndabamenye, yavuze ko Leta y’u Rwanda izakomeza gushyigikira abahinzi kugira ngo ibyo bakora birusheho kubabyarira inyungu.

Yakanguriye abahinzi, aborozi n’abandi bafatanyabikorwa gukoresha ubumenyi bungutse, cyane cyane guhera mu gihembwe cy’ihinga cyo muri Nzeri 2026.
Ati: “Umusaruro uzapimirwa ku muvuduko w’ivugurura ry’ubuhinzi n’ubworozi, ndetse n’uburyo bizagira uruhare mu kuzamura umusaruro no guteza imbere igihugu muri rusange.”
One Acre Fund izwi nka Tubura ifite intego yo kugera ku byanya bigega 1.100 no gufasha abahinzi barenga ibihumbi 115 bahinga kuri hegitari zisaga ibihumbi 62 bitarenze 2030.
















































