By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana
Ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cya 2026, nyuma yo kunganya 0-0 na Gorilla FC mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.
Nubwo uyu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku bundi, Rayon Sports yakomeje imbere bitewe n’igitego cyo hanze yatsindiye mu mukino ubanza, aho amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1. Iki gitego Rayon Sports yagikuye mu mukino yasuyemo Gorilla FC, ni cyo cyabaye iturufu yayihesheje amahirwe yo gukomeza kumpamvu z’imibare rusange y’imikino yombi.
Mu mukino wo kwishyura, amakipe yombi yagaragaje gucungana cyane mu kibuga hagati, bituma habaho gukoreranaho amakosa menshi. Gorilla FC yagerageje gushaka igitego binyuze ku mahirwe yabonye ku munota wa 10 kuri kufura ya Mosengo Tansele, ndetse n’ishoti rikomeye rya Ndikumana Asman, ariko Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’ yitwara neza mu bwugarizi bwa Rayon Sports akuramo iyo mipira yashoboraga kuvamo ibitego.
Mu gice cya kabiri, Rayon Sports ni yo yihaririye umupira cyane ishaka uburyo bwo gusatira, ariko umukino urinda urangira amakipe yombi anganya 0-0. Mu rwego rwo gushaka umusaruro, abatoza b’amakipe yombi bakoze impinduka aho ku ruhande rwa Gorilla FC hinjiye Chancelor Ndong Mengue na Karenzo Alexis, naho Rayon Sports ikuramo Mugisha Didier hajyamo Sindi Paul Jesus.
Rayon Sports ubu itegereje kumenya ikipe bazahura hagati yamukeba wayo APR FC na Etincelles FC mu mukino wo kwishyura, aho biteganyijweko uzakuba kuruyu wa 3 tariki 13/05/2026 ku isaha ya 18h00′.
APR FC ni yo ihabwa amahirwe yo guhura na Rayon Sport dore ko mu mukino ubanza yari yatsinze ibitego 3-1.



