Monday, May 18, 2026
Home Blog

Rayon Sports yerekeje ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro ibikesheje igitego cyo hanze

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana

Ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cya 2026, nyuma yo kunganya 0-0 na Gorilla FC mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.

Nubwo uyu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku bundi, Rayon Sports yakomeje imbere bitewe n’igitego cyo hanze yatsindiye mu mukino ubanza, aho amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1. Iki gitego Rayon Sports yagikuye mu mukino yasuyemo Gorilla FC, ni cyo cyabaye iturufu yayihesheje amahirwe yo gukomeza kumpamvu z’imibare rusange y’imikino yombi.

Mu mukino wo kwishyura, amakipe yombi yagaragaje gucungana cyane mu kibuga hagati, bituma habaho gukoreranaho amakosa menshi. Gorilla FC yagerageje gushaka igitego binyuze ku mahirwe yabonye ku munota wa 10 kuri kufura ya Mosengo Tansele, ndetse n’ishoti rikomeye rya Ndikumana Asman, ariko Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’ yitwara neza mu bwugarizi bwa Rayon Sports akuramo iyo mipira yashoboraga kuvamo ibitego.

Mu gice cya kabiri, Rayon Sports ni yo yihaririye umupira cyane ishaka uburyo bwo gusatira, ariko umukino urinda urangira amakipe yombi anganya 0-0. Mu rwego rwo gushaka umusaruro, abatoza b’amakipe yombi bakoze impinduka aho ku ruhande rwa Gorilla FC hinjiye Chancelor Ndong Mengue na Karenzo Alexis, naho Rayon Sports ikuramo Mugisha Didier hajyamo Sindi Paul Jesus.

Rayon Sports ubu itegereje kumenya ikipe bazahura hagati yamukeba wayo APR FC na Etincelles FC mu mukino wo kwishyura, aho biteganyijweko uzakuba kuruyu wa 3 tariki 13/05/2026 ku isaha ya 18h00′.

APR FC ni yo ihabwa amahirwe yo guhura na Rayon Sport dore ko mu mukino ubanza yari yatsinze ibitego 3-1.

Byiringiro Lague ntiyifuza kongera gukina Championa yo mu Rwanda nyuma yo guhagarikwa na Police FC

By Seif Shaggy Hasingizwimana,Kigali,Rwanda,

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Byiringiro Lague, yatangaje ko uyu mwaka w’imikino uzarangira atongeye kugaragara mu kibuga, ndetse ashimangira ko mu mwaka utaha w’imikino adateganya gukina mu makipe yo mu Rwanda kuko asanga shampiyona yaho itari ku rwego rwe.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro Sunday Choice Live gitambuka ku isibo TV ku munsi wejo ku cyumweru, uyu mukinnyi ukinira Police FC yavuze ko bitewe n’aho yifuza kugeza impano ye, shampiyona yo mu Rwanda itakiri ku rwego rwe . Ibi bije mu gihe uyu mukinnyi amaze iminsi ahagaritswe n’ikipe ya Police FC ashinjwa gusiba imyitozo, gusa we avuga ko yarenganye kuko yari arwaye.

Lague yavuze ko guhagarikwa kwe kwaje mu buryo butunguranye kuko yari yatangarije ubuyobozi bwa Ekipe ko arwaye.

Ati: ”Bampagaritse igihe kitazwi, bampaye ibaruwa bambwira ko ntitabira imyitozo kandi ndwaye. Nari natanze ibaruwa kuri ba muganga bacu n’abayobozi ba Ekipe, nari nababwiye ko ndwaye. Nari naragiye no kwa muganga kwivuza mbereka uko ibintu bimeze ubwo sinzi icyabibateye kugira ngo bampagarike”.

Usibye ibibazo by’uburwayi n’imyitozo, Byiringiro Lague yaneruye ku bibazo byo gufungwa bitewe no gutwara mu muhanda yasinze. Uyu mukinnyi yiyemereye ko amaze gufungwa inshuro eshatu kubera gutwara imodoka yasinze, harimo iminsi itandatu yafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruyenzi.

Ku bijyanye n’ejo hazaza he, uyu rutahizamu ukudaca ku mpande yashimangiye ko atazigera akinira andi makipe yo mu Rwanda nka Rayon Sports, kuko umwaka utaha w’imikino yifuza kuzaba ari hanze y’u Rwanda.

Ati: ”Uyu mwaka w’imikino uzarangira ntongeye gukina. Yongeyeho ko icyo gitekerezo nta kintu akiziho.

Ati” Ntabwo nakinira Rayon Sports, Nta na Ekipe yo mu Rwanda nshaka kongera gukinira mu mwaka utaha w’imikino. Ati”Shampiyona yo mu Rwanda ntabwo iri ku rwego nifuza gukinaho”.