Amakuru y’ifatwa rya Yugi Umukaraza yemejwe n’Umuvugizi wa RIB (Rwanda Investigation Bureau), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko uyu musore afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimironko mu gihe iperereza rikomeje gukorwa kugira ngo hamenyekane ukuri ku byaha akekwaho.
Iki kibazo cyatangiye kuvugisha benshi nyuma y’uko Shaddyboo atangaje ko yasambanyijwe ku gahato mu ijoro ryo ku wa 21 Kamena 2026, nyuma y’uko Yugi Umukaraza yari yagiye kumusura iwe.
Nk’uko Shaddyboo yabivuze, ngo bari basanzwe baziranye ndetse bafitanye ubucuti. Avuga ko uwo mugoroba basangiye inzoga, ariko nyuma akaza kwisanga mu gitondo yambaye ubusa .
Ati” nabyutse sanga nambaye ubusa, ibintu byatumye nkeka ko nasambanyijwe mu gihe nari kumwe na Yugi dusangira inzoga
Ikirego cya Shadia cyahise cyakirwa na RIB, ndetse ahabwa ubufasha binyuze muri Isange One Stop Center nk’uko bikorwa ku bantu bavuga ko bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
HUYE – Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena 2026, ibitaramo ngarukamwaka bya MTN Iwacu na Muzika Festival byatangiye ku nshuro ya karindwi mu Karere ka Huye, aho byabereye muri Sitade ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, bikitabirwa n’abafana benshi bari baje kwihera ijisho abahanzi batandukanye bari bategerejwe kuri uru rubyiniro.
Iki gitaramo cyateguwe na MTN Rwanda ku bufatanye na East African Promoters (EAP), kikaba ari cyo gitangije urugendo rw’ibitaramo ruzakomereza mu turere twa Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu.
Uyu mwaka, kimwe mu byaranze iri serukiramuco ni uguha umwanya abahanzi bo mu ntara kugira ngo bagaragaze impano zabo imbere y’imbaga y’abakunzi ba muzika. Igitaramo cyafunguwe na Polyvalent wo mu Karere ka Huye waririmbye kuva saa cyenda kugeza saa cyenda n’igice z’amanywa, akurikirwa na Mugara ukomoka mu Karere ka Rubavu waririmbye kuva saa kumi kugeza saa kumi n’iminota makumyabiri.
Ibi bitaramo byari biyobowe n’abashyushyarugamba MC Buryohe na MC Bianca, bakomeje gutuma abafana basusuruka mbere y’uko igiataramo gitangira ndetse na hagati mu iyakuranwa ry’abahanzi ku rubyiniro.
Symphony Band niyo yacurangiye abahanzi bose banyuze ku rubyiniro yanzikana na Amalon kuva saa kumi n’igice kugeza saa kumi n’imwe. Amaloni yaririmbye indirimbo zirimo “Delira”, “Impanga”, “Yambi”, “Impunzi”, “N’Imana” na “Byakubaho”, asoza ku ndirimbo “Single” yakoranye na Weasel Manizo wo muri Uganda.
Ross Kana yakurikiyeho hagati ya saa kumi n’imwe na saa kumi n’imwe n’igice, aririmba indirimbo zirimo “Foude Toi”, “Sesa”, “Mami” ndetse asoza kuri “Molela”. Indirimbo “Sesa” na “Molela” zatumye abafana benshi bafatanya na we kuririmba, bigaragaza ko bazizi neza.
Kivumbi King yageze ku rubyiniro saa kumi n’imwe n’igice aririmba “Hanze”, “Kiri Gute”, “Yalampaye” asoreza kuri “Wait”, indirimbo yazamuye amarangamutima y’abafana. Mu minota 30 yamaze ku rubyiniro yaririmbye indirimbo eshanu mbere yo kuhava saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Marina yakurikiyeho kuva saa kumi n’ebyiri kugeza saa kumi n’ebyiri n’igice. Yaririmbye indirimbo zakunzwe zirimo “Madede”, “Do Me”, akomereza kuri “Bimpame” yahinduye isura y’igitaramo ubwo yayibyinanagaho na DJ Phil Peter bayikoranye. Yanaririmbye “Agafoto” mbere yo gusoza kuri “Paje”, indirimbo aherutse gushyira hanze.
Kenny Sol yafashe urubyiniro saa kumi n’ebyiri n’iminota 35 aririmba “Haso”, “Igitangaza”, “Joli”, “Phenomena” ndetse asoza kuri “Molomita” yakoranye na Nel Ngabo. Indirimbo “Joli” by’umwihariko yatumye abafana benshi basimbukana ibyishimo muri sitade.
Icyakora, umwe mu bahanzi bahinduye cyane isura y’igitaramo ni Bushali. Kuva saa moya kugeza saa moya n’iminota 45, yaririmbye indirimbo zirimo “Zezeze”, “Tugendane”, “Umwirabura”, “Meteresi”, “Kinyatrap” na “Ku Gasima”. Ubwo yari ku rubyiniro, abafana benshi babyinnye karahava ku buryo Sitade yose yari yuzuye ivumbi kuva atangiye kugeza asoje urubyiniro rwe.
Nyuma ye hakurikiyeho Platini P waririmbye “Icupa”, “Atansiyo”, “Urare Aharyana” ndetse asoza kuri “Mumutashye”, indirimbo zatumye abakunzi b’itsinda rya Dream Boys bongera kwibuka ibihe byiza byaryo.
David D aka Shine Boy yaririmbye kuva saa mbiri kugeza saa mbiri n’iminota 20, atanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo “Shake”, “Micro”, “Turarenze” yakoranye na Ish Kevin ndetse asoza kuri “Dede”.
Igitaramo cyasojwe na Chris Eazy wari utegerejwe na benshi. Yageze ku rubyiniro saa mbiri n’iminota 50 aririmba indirimbo zirimo “Sambolela”, “Basi Sori”, “Jugumila” n’izindi zakunzwe cyane, mbere yo gusoreza kuri “My Mind” aheruka gukorana n’umuhanzikazi ukizamuka Utah Nice. Ubwo yasozaga, abafana bari buzuye sitade bagaragaje ibyishimo bidasanzwe.
Abahanzi batandukanye berekanye ubuhanga bwabo imbere y’ibihumbi by’abakunzi ba muzika.
MTN Iwacu muzika Festival izakomereza mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, aho abakunzi bazaririmbirwa nabigeze gutwara ibihembo bya Primus guma guma Super Star.
kubera ibidasanzwe byabereye iHuye umwana byamurenze yifata ku munwa
GATSIBO – Umusaruro w’amata mu Karere ka Gatsibo wiyongereyeho litiro 15,000 ku munsi mu myaka ibiri ishize, uva kuri litiro 45,000 ugera kuri litiro 60,000 ku munsi, mu gihe aka karere gafite intego yo kugera kuri litiro 100,000 ku munsi mu myaka iri imbere.
Iri zamuka rifitanye isano n’ishyirwa mu bikorwa ry’Umushinga Rwanda Dairy Development Project Phase II (RDDP II), uri gufasha aborozi kongera umusaruro binyuze mu guteza imbere ubwatsi bw’amatungo no kubaha amahugurwa ku bworozi bugezweho.
Ismael Ngendahayo, umuhinzi w’ubwatsi n’imbuto zabwo wo mu Kagari ka Akabuga mu Murenge wa Kiramuruzi, ni umwe mu bamaze kubona impinduka ziturutse ku guhinga ubwatsi bw’amatungo bugezweho.
Yagize ati: “Ku bufasha bwa RDDP II, namenye ko kwishingikiriza ku bwoko bumwe bw’ubwatsi bidashobora guha inka intungamubiri zose ikeneye. Kimwe n’abantu, inka na zo zikenera indyo yuzuye irimo intungamubiri zitanga ingufu n’izubaka umubiri.”
Ngendahayo avuga ko yatangiriye ku buso buto bwa metero 20 kuri 20, ariko ubu akaba ageze kuri hegitari ebyiri z’ubwatsi bugezweho. Avuga kandi ko mu gihembwe kimwe yinjije amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni ebyiri avuye mu kugurisha imbuto z’ubwatsi.
Yagize ati: “Ayo mafaranga nayaguzemo inka ifite agaciro ka miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda, andi nyashora mu guteza imbere imirima no kugura ifumbire.”
Avuga ko umusaruro w’amata wiyongereye cyane kuko mbere inka ze zatangaga litiro imwe ku munsi, mu gihe ubu hari izirenze litiro 10 ku munsi.
Peter Muyambe, wororera mu Mudugudu wa Rwiminazi mu Kagari ka Nyamatete, Umurenge wa Rwimbogo, avuga ko guhinga ubwatsi bw’amatungo byahinduye cyane ubworozi bwe.
Yagize ati: “Ubwatsi bugezweho butanga umusaruro mwinshi kurusha kwishingikiriza ku rwuri gusa. Bushobora gusarurwa inshuro enye mu mwaka.”
Muyambe avuga ko mbere yo guhugurwa ku buhinzi bw’ubwatsi, inka zabo zatangaga litiro imwe cyangwa ebyiri ku munsi, ariko ubu hari izitanga litiro zigera kuri 15 ku munsi.
Yagize ati: “Mbere yo kumenya guhinga ubwatsi, inka zacu zatangaga litiro imwe cyangwa ebyiri z’amata ku munsi. Ubu hari izitanga litiro zigera kuri 15.”
Akomeza avuga ko ikibazo cy’ibura ry’ibiryo by’amatungo mu gihe cy’izuba cyagabanyutse cyane.
Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Jean Leonard Sekanyange, avuga ko RDDP II iri kugira uruhare rukomeye mu guteza imbere ubworozi bw’amata.
Akarere ka Gatsibo kamaze kugera ku musaruro wa litiro 60,000 z’amata ku munsi zivuye kuri litiro 45,000 mu myaka ibiri ishize, kakaba gafite intego yo kugera kuri litiro 100,000 ku munsi mu myaka iri imbere.
RDDP2 ni umushinga ugamije guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu Rwanda, wagizwemo uruhare na Leta y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, IFAD binyuze muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ugashyirwa mu bikorwa n’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB).
Uy’umushinga uzamara imyaka itandatu kuko watangiye gukorera mu Rwanda mumwaka wa 2024 ukazageza mu 2030, ufite ingengo y’imari ya miliyoni 100.37 z’Amadolari ya Amerika (asaga miliyari 127 z’Amafaranga y’u Rwanda). Biteganijwe ko uzakorera mu utere 27 tugize Igihugu cy’uRwanda kandi ukazafasha ingo 175,000, zingana n’abaturage bagera ku 700,000.
yanditswe na Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda
Bigogwe: Abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) bunamiye Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bigogwe mu Karere ka Rubavu, bagaragaza ko gukomeza kwibuka Jenoside no guharanira uburenganzira bwa muntu ari imwe mu nshingano zayo za buri munsi.
Ni mu gikorwa cyabaye ku wa 29 Gicurasi 2026 mu Murenge wa Kanzenze, abayobozi n’abakozi ba NCHR basobanuriwe uburyo Abatutsi bari batuye muri Komine Mutura na Rwerere batangiye kwicwa n’abasirikare ba Leta ya Habyarimana Juvenal mbere yo mu 1994, bashinjwa kuba ibyitso by’Inkotanyi.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Providence Umurungi, yavuze ko NCHR izakomeza kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no guharanira ko ayo mateka atazongera kubaho.
Mu kiganiro cyatangiwe muri iki gikorwa, Perezida wa IBUKA mu Karere ka Rubavu, Gerard Mbarushimana, yibukije abacyitabiriye ko icyatije ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace ari ikigo cya gisirikare cya Bigogwe.
Mbarushimana yakomeje avuga ko mu ijoro ryo ku wa 5 Gashyantare 1991, mu Kigo cya Gisirikare cya Bigogwe, abasirikare bo mu ngabo zatsinzwe baraye barasa maze babeshya abaturage ko ari Ingabo z’Inkotanyi zabateye, bituma umunsi wakurikiyeho Abatutsi benshi bafungwa abandi baricwa.
Yakomeje avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe ubukana mu Bigogwe kubera ko hakomokaga abayobozi benshi bagize uruhare rukomeye mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa ryayo bari bibumbiye mu Akazu.
Abitabiriye iki gikorwa banasobanuriwe uburyo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva, wayoboraga Ingabo muri Perefegitura ya Gisenyi, na Lieutenant Colonel Alphonse Nzungize, wari Umuyobozi w’Ikigo cya Gisirikare cya Bigogwe, bagize uruhare mu gutoza Interahamwe kwica Abatutsi ndetse no kuziha intwaro nyinshi zirimo imbunda.
Ni mu gihe NCHR ikomeje ibikorwa byo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu, abayobozi bayo bagaragaje ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gusobanukirwa amateka yayo bikomeza kuba imwe mu nzira zo kubaka igihugu kidaha umwanya amacakubiri n’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu.
Urwibutso rw’abazize Jenoside rwa Bigogwe ruherereye mu Karere ka Rubavu, rushyinguyemo imibiri 9.041 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari batuye mu zahoze ari Komini Mutura na Rwerere.
Ubuyobozi bwa East African Promoters bwatangaje ko guhera ku itariki 20 Kamena kugeza ku itariki 1 Kanama 2026, ibitaramo bizazenguruka mu ntara zose z’u Rwanda mu turere turindwi.
Uy’umunsi tariki 18 Gicurasi 2026, mukiganiro ni tangazamakuru, umuyobozi mukuru wa EAP, Mushyoma Joseph yabwiye abanyamakuru ko hari byinshi bizahinduka mu mitegurire y’urubyiniro kuko ruzaba ruri ku rwego rugezweho bigatandukana n’indi myaka yabanje.
Sound of Africa
Ati “Ndangirango mbonereho umwanya wo gutangaza ikintu gishya kizaba kirimo. Hari urugendo rwabanjirije uru rwa Primus Guma Guma Super Star aho abatsindiye Primus Guma Guma bazitabira Iwacu na Muzika Festival.”
Yasobanuye ko abatwaye Guma Guma bari umunani ariko Jay Polly akaba akakiriho, hakazafatwa umwanya wo kumwibuka.
Mushyoma ati “Urban Boyz bazitabira, Platini P azahagararira Dream Boyz. Tuzagirana n’umwanya wo kwibuka umuhanzi Jay Polly watuvuyemo.”
Uyu muyobozi yavuze ko abo bahanzi barindwi bazajya bitabira nk’abatumirwa bajye bavuga uko byari bimeze mugihe cyabo cyambere bagereranye nuko bimeze ubu mu iterambere ry’umuziki. Ibi bitaramo byose bizajya bitangira saa munani kugeza saa moya z’ijoro.
Gahunda y’uko abahanzi batwaye Guma Guma bazagenda bitabira ibi bitaramo mu turere dutandukanye aho itsinda Urban Boyz rizataramira i Rubavu, Butera Knowles agataramira i Muhanga, Riderman agataramira i Musanze, Dream Boyz ihagarariwe na Platini P igataramira i Huye, Bruce Melodie agataramira i Ngoma, naho Tom Close agataramira i Nyagatare.
Ati ” ni inkunga ikomeye Imana ibayahamagariye ugiye gukora umutambagiro wo kwishimira yuko ari umwe wo mu muryango wawe uba wagiye gukora imwe mu nkingi zigize Islam uko ari 5.
Ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cya 2026, nyuma yo kunganya 0-0 na Gorilla FC mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.
Nubwo uyu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku bundi, Rayon Sports yakomeje imbere bitewe n’igitego cyo hanze yatsindiye mu mukino ubanza, aho amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1. Iki gitego Rayon Sports yagikuye mu mukino yasuyemo Gorilla FC, ni cyo cyabaye iturufu yayihesheje amahirwe yo gukomeza kumpamvu z’imibare rusange y’imikino yombi.
Mu mukino wo kwishyura, amakipe yombi yagaragaje gucungana cyane mu kibuga hagati, bituma habaho gukoreranaho amakosa menshi. Gorilla FC yagerageje gushaka igitego binyuze ku mahirwe yabonye ku munota wa 10 kuri kufura ya Mosengo Tansele, ndetse n’ishoti rikomeye rya Ndikumana Asman, ariko Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’ yitwara neza mu bwugarizi bwa Rayon Sports akuramo iyo mipira yashoboraga kuvamo ibitego.
Mu gice cya kabiri, Rayon Sports ni yo yihaririye umupira cyane ishaka uburyo bwo gusatira, ariko umukino urinda urangira amakipe yombi anganya 0-0. Mu rwego rwo gushaka umusaruro, abatoza b’amakipe yombi bakoze impinduka aho ku ruhande rwa Gorilla FC hinjiye Chancelor Ndong Mengue na Karenzo Alexis, naho Rayon Sports ikuramo Mugisha Didier hajyamo Sindi Paul Jesus.
Rayon Sports ubu itegereje kumenya ikipe bazahura hagati yamukeba wayo APR FC na Etincelles FC mu mukino wo kwishyura, aho biteganyijweko uzakuba kuruyu wa 3 tariki 13/05/2026 ku isaha ya 18h00′.
APR FC ni yo ihabwa amahirwe yo guhura na Rayon Sport dore ko mu mukino ubanza yari yatsinze ibitego 3-1.
Umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Byiringiro Lague, yatangaje ko uyu mwaka w’imikino uzarangira atongeye kugaragara mu kibuga, ndetse ashimangira ko mu mwaka utaha w’imikino adateganya gukina mu makipe yo mu Rwanda kuko asanga shampiyona yaho itari ku rwego rwe.
Ibi yabigarutseho mu kiganiro Sunday Choice Live gitambuka ku isibo TV ku munsi wejo ku cyumweru, uyu mukinnyi ukinira Police FC yavuze ko bitewe n’aho yifuza kugeza impano ye, shampiyona yo mu Rwanda itakiri ku rwego rwe . Ibi bije mu gihe uyu mukinnyi amaze iminsi ahagaritswe n’ikipe ya Police FC ashinjwa gusiba imyitozo, gusa we avuga ko yarenganye kuko yari arwaye.
Lague yavuze ko guhagarikwa kwe kwaje mu buryo butunguranye kuko yari yatangarije ubuyobozi bwa Ekipe ko arwaye.
Ati: ”Bampagaritse igihe kitazwi, bampaye ibaruwa bambwira ko ntitabira imyitozo kandi ndwaye. Nari natanze ibaruwa kuri ba muganga bacu n’abayobozi ba Ekipe, nari nababwiye ko ndwaye. Nari naragiye no kwa muganga kwivuza mbereka uko ibintu bimeze ubwo sinzi icyabibateye kugira ngo bampagarike”.
Usibye ibibazo by’uburwayi n’imyitozo, Byiringiro Lague yaneruye ku bibazo byo gufungwa bitewe no gutwara mu muhanda yasinze. Uyu mukinnyi yiyemereye ko amaze gufungwa inshuro eshatu kubera gutwara imodoka yasinze, harimo iminsi itandatu yafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruyenzi.
Ku bijyanye n’ejo hazaza he, uyu rutahizamu ukudaca ku mpande yashimangiye ko atazigera akinira andi makipe yo mu Rwanda nka Rayon Sports, kuko umwaka utaha w’imikino yifuza kuzaba ari hanze y’u Rwanda.
Ati: ”Uyu mwaka w’imikino uzarangira ntongeye gukina. Yongeyeho ko icyo gitekerezo nta kintu akiziho.
Ati” Ntabwo nakinira Rayon Sports, Nta na Ekipe yo mu Rwanda nshaka kongera gukinira mu mwaka utaha w’imikino. Ati”Shampiyona yo mu Rwanda ntabwo iri ku rwego nifuza gukinaho”.