Sunday, June 7, 2026
Home Blog

NCHR Yashimangiye Uruhare Rwayo mukurwanya Ingengabitekerezo Ya Jenoside

yanditswe na Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda

Bigogwe: Abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) bunamiye Abatutsi bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Bigogwe mu Karere ka Rubavu, bagaragaza ko gukomeza kwibuka Jenoside no guharanira uburenganzira bwa muntu ari imwe mu nshingano zayo za buri munsi.

Ni mu gikorwa cyabaye ku wa 29 Gicurasi 2026 mu Murenge wa Kanzenze, abayobozi n’abakozi ba NCHR basobanuriwe uburyo Abatutsi bari batuye muri Komine Mutura na Rwerere batangiye kwicwa n’abasirikare ba Leta ya Habyarimana Juvenal mbere yo mu 1994, bashinjwa kuba ibyitso by’Inkotanyi.

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Providence Umurungi, yavuze ko NCHR izakomeza kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse no guharanira ko ayo mateka atazongera kubaho.

Yagize ati: “Komisiyo buri mwaka yifatanya n’Abanyarwanda kwibuka inzirakarengane zavukijwe uburenganzira ntavogerwa bwo kubaho, ikanakomeza guharanira uburenganzira bw’Abanyarwanda kugira ngo Jenoside itazongera kubaho, ikanagira umwihariko wo gusura inzibutso zishyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Yakomeje agaragaza ko gusura Urwibutso rwa Bigogwe bifasha buri wese kwibuka amateka mabi igihugu cyanyuzemo kugira ngo ayigireho kandi ayigishe abakiri bato batayabayemo.

Mu kiganiro cyatangiwe muri iki gikorwa, Perezida wa IBUKA mu Karere ka Rubavu, Gerard Mbarushimana, yibukije abacyitabiriye ko icyatije ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi muri aka gace ari ikigo cya gisirikare cya Bigogwe.

Yagize ati: “Kuva mu 1990 urugamba rwo kubohora Igihugu rutangiye izo ngirwa ngabo zitwaga Inzirabwoba zabaga mu kigo cy’abakomando cya Bigogwe, zakomeje kujya zirara mu Batutsi zikabica, abandi zikabamugaza, twe tuzi ko ingabo z’Igihugu ziba zicungira umutekano abaturage bose, izariho icyo gihe zitandukanye cyane n’izo dufite uyu munsi za RDF zaturokoye.”

Mbarushimana yakomeje avuga ko mu ijoro ryo ku wa 5 Gashyantare 1991, mu Kigo cya Gisirikare cya Bigogwe, abasirikare bo mu ngabo zatsinzwe baraye barasa maze babeshya abaturage ko ari Ingabo z’Inkotanyi zabateye, bituma umunsi wakurikiyeho Abatutsi benshi bafungwa abandi baricwa.

Yakomeje avuga ko Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe ubukana mu Bigogwe kubera ko hakomokaga abayobozi benshi bagize uruhare rukomeye mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa ryayo bari bibumbiye mu Akazu.

Abitabiriye iki gikorwa banasobanuriwe uburyo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva, wayoboraga Ingabo muri Perefegitura ya Gisenyi, na Lieutenant Colonel Alphonse Nzungize, wari Umuyobozi w’Ikigo cya Gisirikare cya Bigogwe, bagize uruhare mu gutoza Interahamwe kwica Abatutsi ndetse no kuziha intwaro nyinshi zirimo imbunda.

Ni mu gihe NCHR ikomeje ibikorwa byo guteza imbere no kurengera uburenganzira bwa muntu, abayobozi bayo bagaragaje ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi no gusobanukirwa amateka yayo bikomeza kuba imwe mu nzira zo kubaka igihugu kidaha umwanya amacakubiri n’ihohoterwa ry’uburenganzira bwa muntu.

Urwibutso rw’abazize Jenoside rwa Bigogwe ruherereye mu Karere ka Rubavu, rushyinguyemo imibiri 9.041 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari batuye mu zahoze ari Komini Mutura na Rwerere.

Nyuma yo gutandukana Urban Boyz igaruwe ku rubyiniro mu Karere ka Rubavu mu iserukiramuco rya Iwacu Muzika

Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Ubuyobozi bwa East African Promoters bwatangaje ko guhera ku itariki 20 Kamena kugeza ku itariki 1 Kanama 2026, ibitaramo bizazenguruka mu ntara zose z’u Rwanda mu turere turindwi.

Uy’umunsi tariki 18 Gicurasi 2026, mukiganiro ni tangazamakuru, umuyobozi mukuru wa EAP, Mushyoma Joseph yabwiye abanyamakuru ko hari byinshi bizahinduka mu mitegurire y’urubyiniro kuko ruzaba ruri ku rwego rugezweho bigatandukana n’indi myaka yabanje.

Ati “Ndangirango mbonereho umwanya wo gutangaza ikintu gishya kizaba kirimo. Hari urugendo rwabanjirije uru rwa Primus Guma Guma Super Star aho abatsindiye Primus Guma Guma bazitabira Iwacu na Muzika Festival.”

Yasobanuye ko abatwaye Guma Guma bari umunani ariko Jay Polly akaba akakiriho, hakazafatwa umwanya wo kumwibuka.

Mushyoma ati “Urban Boyz bazitabira, Platini P azahagararira Dream Boyz. Tuzagirana n’umwanya wo kwibuka umuhanzi Jay Polly watuvuyemo.”

Uyu muyobozi yavuze ko abo bahanzi barindwi bazajya bitabira nk’abatumirwa bajye bavuga uko byari bimeze mugihe cyabo cyambere bagereranye nuko bimeze ubu mu iterambere ry’umuziki.
Ibi bitaramo byose bizajya bitangira saa munani kugeza saa moya z’ijoro.

Gahunda y’uko abahanzi batwaye Guma Guma bazagenda bitabira ibi bitaramo mu turere dutandukanye aho itsinda Urban Boyz rizataramira i Rubavu, Butera Knowles agataramira i Muhanga, Riderman agataramira i Musanze, Dream Boyz ihagarariwe na Platini P igataramira i Huye, Bruce Melodie agataramira i Ngoma, naho Tom Close agataramira i Nyagatare.

Davis D, umwami w’abana

Umuhanzi Bushari wamamaye muri Kinya Trap azaba ahari

Umuhanzi Marina ari mubazitabira

Abantu 65 nibo biyandikishije kujya gukora umutambagiro mutagatifu ariko 62 muribo nibo bashoboye kujya iMaka

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,

Umubare wabiyandikishije kujya gukora umutambagiro mutagatifu iMaka ni 65 ariko kuri uy’umunsi tariki ya 17/05/2026 ababashije guhaguruka kukibuga mpuzamahanga cya Kigali iKanombe ni 62 abandi 3 muribo bagize ibibazo bitandukanye.

Sheikh Djamilu ushinzwe gutegura ingendo z’abahadji bajya iMaka avuga ko ababashije kujyayo bose bazitabwaho muburyo budasanzwe ko bateguriwe Hotel nziza iMadina.

Ati” bose babashije kubona Visa kuko bamaze amezi 2 babonye ibyangombwa by’urugendo.”

Murangwa Djamilu avuga ko imibanire hagati y’ibihugu byombi yatumye Rwanda Muslim Community (RMC) na Saudia barushaho kubategurira neza kuko ibihugu byombi bibanye neza ugeranije nibindi bihugu.

Ati” Hotel bazacumbikirwaho kugera ahazakorerwa umutambagiro ni iminota 6 ugera imaka bikaba bihwanye na Metero 650 ibi Kandi ngo binanditse kumuryango w’icyumba bazararamo.”

Sheikh Murangwa Djamilu avugako aho bazacumbikirwa mubyo bemerewe ari ugutegurirwa ifunguro murwego rwo kubarinda kujya kurishaka hanze.

Ati” abagiye gukora umutambagiro ntihazagire ikindi bitwaza kuko uyumwaka wabaye akarusho mukuwutegura neza.”

Anifa umwe mu bahadjati avugako uy’umutambagira ari inkirakamaro kuko kuriwe bimushimishije ngo kuko ari amahirwe atagira buri wese.

Ati” Ndashimira ubuyobozi bw’igihugu cy’uRwanda bitewe numutekano uduha, nkanashimira n’ubuyobozi bw’umuryango w’abayisilamu mu Rwanda kuba udufasha kudutegurira urugendo kuva tuvuye hano mu Rwanda kugeza Alabia Saudite.”

Hadji Yahaya Kayiranga umwe mubaherekeje ugiye gukora umutambagiro avugako kujya iMaka ari k’umuntu ufite ubushobozi ariko kandi abantu bafite ubushobozi bose siko bajya iMaka.

Ati ” ni inkunga ikomeye Imana ibayahamagariye ugiye gukora umutambagiro wo kwishimira yuko ari umwe wo mu muryango wawe uba wagiye gukora imwe mu nkingi zigize Islam uko ari 5.

Hadji Yahaya yageneye ubutumwa bw’uwo yaje aherekeje avugako agomba kwitwara agashyira umutima kugikorwa kimujyanye.

Ati” nkuko mukwiga wiga ushyizeho umwete ukagira amanota menshi ninako muri gahunda z’Imana ugomba kugira amanota menshi cyane kurushaho kubera ko Hidja ari ingirakamaro mubuzima.”

Akomeza avugako iyo ukoze umutambagiro neza ubumeze nk’umwana wavutse.

Ati” ntidutewe ubwoba n’ikibazo cy’umutekano muke uri hagati m’uburasirazuba bw’isi kuberako aho hantu intambara irikubera ntaho ihuriye n’umujyi wa Maka kandi igihugu cyacu cy’uRwanda kireberera abaturage haramutse hariyo umutekano muke bagira inama umuryango w’abayisilamu mu Rwanda bagaharika ingendo zijyayo.”

Ati” Impamvu igihugu cyarekuye urugendo rw’abahadji n’abahadjat bagiye gukora umutambagiro mutagatifu nuko bazi neza ko ntakibazo cy’umutekano bazagirirayo.”

Mufuti w’uRwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya, yasabye abashaka kujya bajya gukora umutambagiro mutagatifu iMaka kujya babimenyesha kare, kuko biri mubituma bagenda muburyo bwizewe Kandi buteguwe neza aho yatanze ishusho yurugendo abagiye gukora umutambagiro bakora.

Ati” abagiye kujya imaka bagiye muburyo buvuguruye, urugendo rwo kuva hano Kigali kugera iDjeda ni amasaha 3 mukugaruka bigatwara amasaha 4 mugihe banyuze iDubai ari amasaha 6 kuhava ugera IMaka ni amasaha 12 birimo no gutakaza imizigo yabo.”

Ati” ariko abagiye guhaguruka ntahandi banyuzwa uretse guhita bagera iMaka Direct bakazasoreza umutambagiro iMadina.”

Yakomeje avugako amafranga asabwa kujya iMaka 7800$ bitavuyemo umuryango wabayisilamu hakaba hari amafranga yabongereyeho, kuberako iGiciro cya Benzine cyiyongereye bigatuma ubuyobozi bwa Rwandair bubamenyesha kare urugendo rutaratangira ariko bagasanga batakongera kuyasaba buri wese wiyandikishije avuga kandi ko bateganyirijwe gukorerwa igitambo.

Mufuti yabasabye kuzarangwa nurukundo no kuzagira urugendo rwiza no kuzajya inama aho bazaba bari anabagira inama yo kumvira ababayoboye murugendo ababwira ntawukwiye gutarabuka atamenyesheje abo barikumwe kugira batamuhangayikira anabasabira kuzagaruka amahoro anasabira ababaherekeje nabo kuzajya iMaka.

Abagiye gukora umutambagiro mutagatifu muri uno mwaka wa 2026 bateguriwe indege imwe basabwe kuzakora ikibajyanye kuko umu Hadji ari umushyitsi wa Allah basabwa kuzisabira ubusabe bakanasabira abo basize mugihugu cyabo cyababyaye.

Ubuyobozi bw’umuryango w’abayisilamu mu Rwanda buvugako Abahadji bahagurutse ikigali ari 62 muribo bagizwe n’abagore 28 abagabo 34.

Mu rwego rwo kunoza gahunda no kurushaho kubona Service abadamu bahagarariwe na Sheikhat Fridaus Uwimana, kuruhande rw’abagabo bahagaririwe na Haruna Hategekimana akaba n’umuganga ugomba kwita kubashobora kugira ikibazo cy’uburwayi bworoheje hamwe na Murangwa Djamilu utegura urugendo rwabajya gukora umutambagiro mutagatifu iMaka.

Biteganijwe ko umubare wabagiye iMaka biyishyuriye hongereweho abahadji 10 bihariye bishyuriwe n’umuterankunga nabo baka bahagurutse iSasaba z’ijoro bakazagenda basangayo abandi.

Rayon Sports yerekeje ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro ibikesheje igitego cyo hanze

By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana

Ikipe ya Rayon Sports yakatishije itike yo gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro cya 2026, nyuma yo kunganya 0-0 na Gorilla FC mu mukino wo kwishyura wabaye kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pele Stadium.

Nubwo uyu mukino wo kwishyura warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku bundi, Rayon Sports yakomeje imbere bitewe n’igitego cyo hanze yatsindiye mu mukino ubanza, aho amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1. Iki gitego Rayon Sports yagikuye mu mukino yasuyemo Gorilla FC, ni cyo cyabaye iturufu yayihesheje amahirwe yo gukomeza kumpamvu z’imibare rusange y’imikino yombi.

Mu mukino wo kwishyura, amakipe yombi yagaragaje gucungana cyane mu kibuga hagati, bituma habaho gukoreranaho amakosa menshi. Gorilla FC yagerageje gushaka igitego binyuze ku mahirwe yabonye ku munota wa 10 kuri kufura ya Mosengo Tansele, ndetse n’ishoti rikomeye rya Ndikumana Asman, ariko Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’ yitwara neza mu bwugarizi bwa Rayon Sports akuramo iyo mipira yashoboraga kuvamo ibitego.

Mu gice cya kabiri, Rayon Sports ni yo yihaririye umupira cyane ishaka uburyo bwo gusatira, ariko umukino urinda urangira amakipe yombi anganya 0-0. Mu rwego rwo gushaka umusaruro, abatoza b’amakipe yombi bakoze impinduka aho ku ruhande rwa Gorilla FC hinjiye Chancelor Ndong Mengue na Karenzo Alexis, naho Rayon Sports ikuramo Mugisha Didier hajyamo Sindi Paul Jesus.

Rayon Sports ubu itegereje kumenya ikipe bazahura hagati yamukeba wayo APR FC na Etincelles FC mu mukino wo kwishyura, aho biteganyijweko uzakuba kuruyu wa 3 tariki 13/05/2026 ku isaha ya 18h00′.

APR FC ni yo ihabwa amahirwe yo guhura na Rayon Sport dore ko mu mukino ubanza yari yatsinze ibitego 3-1.

Byiringiro Lague ntiyifuza kongera gukina Championa yo mu Rwanda nyuma yo guhagarikwa na Police FC

By Seif Shaggy Hasingizwimana,Kigali,Rwanda,

Umukinnyi w’ikipe y’igihugu Amavubi, Byiringiro Lague, yatangaje ko uyu mwaka w’imikino uzarangira atongeye kugaragara mu kibuga, ndetse ashimangira ko mu mwaka utaha w’imikino adateganya gukina mu makipe yo mu Rwanda kuko asanga shampiyona yaho itari ku rwego rwe.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro Sunday Choice Live gitambuka ku isibo TV ku munsi wejo ku cyumweru, uyu mukinnyi ukinira Police FC yavuze ko bitewe n’aho yifuza kugeza impano ye, shampiyona yo mu Rwanda itakiri ku rwego rwe . Ibi bije mu gihe uyu mukinnyi amaze iminsi ahagaritswe n’ikipe ya Police FC ashinjwa gusiba imyitozo, gusa we avuga ko yarenganye kuko yari arwaye.

Lague yavuze ko guhagarikwa kwe kwaje mu buryo butunguranye kuko yari yatangarije ubuyobozi bwa Ekipe ko arwaye.

Ati: ”Bampagaritse igihe kitazwi, bampaye ibaruwa bambwira ko ntitabira imyitozo kandi ndwaye. Nari natanze ibaruwa kuri ba muganga bacu n’abayobozi ba Ekipe, nari nababwiye ko ndwaye. Nari naragiye no kwa muganga kwivuza mbereka uko ibintu bimeze ubwo sinzi icyabibateye kugira ngo bampagarike”.

Usibye ibibazo by’uburwayi n’imyitozo, Byiringiro Lague yaneruye ku bibazo byo gufungwa bitewe no gutwara mu muhanda yasinze. Uyu mukinnyi yiyemereye ko amaze gufungwa inshuro eshatu kubera gutwara imodoka yasinze, harimo iminsi itandatu yafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Ruyenzi.

Ku bijyanye n’ejo hazaza he, uyu rutahizamu ukudaca ku mpande yashimangiye ko atazigera akinira andi makipe yo mu Rwanda nka Rayon Sports, kuko umwaka utaha w’imikino yifuza kuzaba ari hanze y’u Rwanda.

Ati: ”Uyu mwaka w’imikino uzarangira ntongeye gukina. Yongeyeho ko icyo gitekerezo nta kintu akiziho.

Ati” Ntabwo nakinira Rayon Sports, Nta na Ekipe yo mu Rwanda nshaka kongera gukinira mu mwaka utaha w’imikino. Ati”Shampiyona yo mu Rwanda ntabwo iri ku rwego nifuza gukinaho”.