By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Uretse gutunganya ibihaza bikabyazwamo ibikomoka ku farini, Iwacu Bakery Solutions Ltd ikomeje kugira uruhare mu gufasha urubyiruko kubona ubumenyi ngiro n’akazi. Uru ruganda rwashinzwe na Valens Ruhorimbere, urangije amasomo mu bijyanye na Food Science and Technology muri Kaminuza y’u Rwanda, nyuma yo kubona ko ibihaza byeraga ari byinshi ariko bikabura isoko ntibigire agaciro byatumye abibyaza umusaruro.
Ati: “Nabonye ko ibihaza bishobora kugira umumaro mu kongerera agaciro umusaruro w’abahinzi bo mu gihugu, ari nako bitanga imirimo irambye ku rubyiruko. Ni igihingwa kiboneka cyane mu mirima yacu, ariko cyari cyirengagijwe nk’igihingwa cyatanga umusaruro mu bucuruzi.”
Ku bufatanye na UPHLS, uru ruganda rumaze guhugura urubyiruko rugera kuri 120 rwo mu Karere ka Gatsibo. Muri bo harimo abakobwa n’abagore 70 ndetse na 30 bafite ubumuga, bose bahabwa ubumenyi ngiro mu byo guteka imigati no gukora ibindi bitandukanye.
Mu bahawe ayo mahugurwa harimo Eliezer Manirareba, umusore ufite ubumuga wageze muri uru ruganda ashaka amahugurwa y’umwuga. Yavuze ko mbere yo kuhagera, kubona akazi byari bimugoye kubera uko abantu babonaga abafite ubumuga. Nyuma yo guhabwa amahugurwa n’akazi, yagaragaje ubushobozi budasanzwe kugeza ubwo yabaye umwe mu bakozi bitwara neza kurusha abandi.
Agaruka kuri uru rugero, ati: “Byanyeretse ko ubumuga atari ukudashobora, iyo abantu bahabwa amahirwe angana, bashobora gutanga umusaruro udasanzwe.”
Mu ntangiriro, uru ruganda rwakoraga ku rugero ruto kubera kubura ibikoresho bihagije n’inyubako zigezweho zitunganyirizwamo umusaruro. Nyuma rwaje kubona inkunga ya Matching Grant yatanzwe binyuze muri Sustainable Agricultural Intensification and Food Security Project (SAIP). Umushinga wari ufite agaciro ka RWF 101,239,532, aho SAIP yatanze 70% by’ingengo y’imari, naho Ruhorimbere atanga 30%.
Mu gusoza, Ruhorimbere ashishikariza urubyiruko gutangira imishinga ikemura ibibazo biri muri Rubanda.
Ati”Ntimugatinye gutangira ni mutangiza ibyo mufite, muzaba mukemuye ikibazo gifatika kiri mu muryango, mugire intego kandi mukomeze kwiga kuko inkunga n’amahirwe bizaza ku gitekerezo gifite ishingiro no ku muhate muhozaho.”
By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Ikipe y’uRwanda y’abatarengeje imyaka 18 muri Basketball (U18) yegukanye itike yo kuzitabira Igikombe cya Afurika cya 2026 kizabera i Abidjan muri Côte d’Ivoire, nyuma yo gutsinda Uganda amanota 70-65 muri ½ cy’irushanwa rya AfroBasket U18 Zone V Qualifiers ryabereye i Cairo mu Misiri.
Uyu mukino wabaye kuri uyu wa Kabiri waranzwe no guhangana gukomeye, ariko u Rwanda rwakomeje kwitwara neza kugeza ku munota wa nyuma, rwegukana intsinzi yaruhesheje guhagararira Akarere ka Gatanu muri AfroBasket U18 2026.
Mbere yo kugera muri ½, u Rwanda rwari rwatangiye neza irushanwa rutsinda Tanzania amanota 86-57, nyuma rutsindwa na Misiri amanota 80-71 mu mukino usoza amatsinda. Ibyo byaruruhesheje gukomeza muri ½, aho rwongeye kwerekana urwego rwiza rusezerera Uganda.
Mu bakinnyi bitwaye neza harimo Hugo Victor NGABONZIZA watsinze amanota 25 na Sean Mwesigwa watsinze amanota 13.
Nyuma yo kubona itike yo kwitabira Igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzakina umukino wa nyuma w’iri rushanwa rugamije kwegukana igikombe cya Zone V, mu gihe amahirwe yo kuzaserukira Akarere ka Gatanu muri AfroBasket U18 2026 yamaze kuboneka.
By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Urban Boys yamaze kwemeza ko izataramira i Kigali ku wa 8 Kanama 2026 mu gitaramo cyiswe “Replay Vol. 1”, nyuma y’igitaramo itegerejwemo muri MTN Iwacu Muzika Festival i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.
Iki gitaramo kizaba kigamije kwizihiza isabukuru ya Zaria Courts imaze kuva itashywe.
Amakuru yemejwe na Safi Madiba yavuze ko bishimiye gukomeza kubona amahirwe yo kongera guhurira n’abakunzi babo mu bitaramo bitandukanye.
Yagize ati: “Twe muri kamere yacu twifuza gutaramana n’abakunzi bacu aho bari hose. Ni amahirwe kuba Zaria Courts yaratwiyambaje, bikaduha andi mahirwe yo kongera gutaramana n’abakunzi bacu b’i Kigali.”
Safi Madiba yavuze kandi ko uretse ibi bitaramo bibiri byamaze kwemezwa, bari mu biganiro n’abandi bategura ibitaramo, ku buryo hari amahirwe menshi ko abakunzi ba Urban Boys bazongera kuyibona kenshi mu minsi iri imbere.
Kwinjira muri iki gitaramo cya “Replay Vol. 1” ni 7.000 Frw ku myanya isanzwe na 15.000 Frw ku myanya y’icyubahiro.
Muri iki gitaramo, Urban Boys izahurira ku rubyiniro na Amalon, mu gihe Selekta Faba ari we uzavanga imiziki, naho Lucky Nzeyimana akazaba ari umushyushyarugamba.
Kanda hano wumve indirimbo ya Urban Boys yakoranye na Iyanya wo muri Nigeria
By Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Nyuma y’imyaka umunani batagaragara bari kumwe ku rubyiniro, Safi Madiba, Humble Jizzo na Nizzo Kaboss bongeye guhura ari batatu k’urugamba, mbere y’igitaramo bazataramira abakunzi babo i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.
Mu ijoro ryo ku wa 21 rishyira ku wa 22 Nyakanga 2026, Safi Madiba wari uturutse muri Canada na Humble Jizzo wari uvuye i Nairobi muri Kenya bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, bakirwa na mugenzi wabo batangiranye itsinda rya Urban Boys, Nizzo Kaboss.
Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru bakigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Humble Jizzo yavuze ko atari Abanyarwanda gusa babakumbuye, ahubwo na bo ubwabo bari bakumbuye kongera kuririmbana imbere y’abakunzi babo.
Abajijwe niba kongera guhura kwabo kuzakurikirwa no gukora indirimbo nshya, Nizzo Kaboss yavuze ko ibisubizo birambuye abantu bazabimenya nyuma y’igitaramo bazakorera i Rubavu.
Yagize ati: “Byose birashoboka, ariko ibindi reka tuzabimenye nyuma yaho.”
Safi Madiba yahise amwunganira mu buryo bwo gutebya, agira ati: “Uko tuzasa ntikurerekanwa. Icy’ingenzi ni uko tuzajya i Rubavu, ibindi turi hano, nibiba ngombwa tuzabitangaza.”
Mu bakiriye Urban Boys harimo na Muyoboke Alex wakoranye n’iri tsinda imyaka myinshi. Yavuze ko yifuza kongera kuribona rikora indirimbo nshya ndetse rikanategura ibitaramo bitandukanye.
Nizzo Kaboss ahoberana na mugenzi we Humble Jizzo, batangiranye itsinda rya Urban Boyz
Safi Madiba mukanyamuneza ahobera, Nizzo Kaboss
Alex Muyoboke wabaye hafi y’itsinda Urban Boys mubihe byo hambere nawe yari mu baje kwakira Safi Madiba na Humble Jizzo
Na Seif Shaggy Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Nyuma y’imyaka itandatu ari mu rukundo na Naseeb Abdul wamamaye nka Diamond Platnumz, umuhanzikazi wo muri Tanzania, Zuhura Othman Soud uzwi nka Zuchu, yatangaje ko batakiri kumwe ndetse ko batangiye inzira ya gatanya muburyo bwemewe n’amategeko.
Aya makuru Zuchu yayatangaje ku Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026, abinyujije ku rubuga rwa Instagram, aho yavuze ko yafashe uwo mwanzuro nyuma y’imyaka itandatu yari amaze ari mu rukundo na Diamond Platnumz.
Mu butumwa bwe yagize ati: “Mbamenyesheje ibi n’umutima uremerewe. Nyuma y’imyaka itandatu turi kumwe, nahisemo kwibanza no kwiyitaho. Njye na Naseeb Abdul twaratandukanye kandi turi mu nzira za gatanya.”
Zuchu yakomeje yifuriza Diamond Platnumz n’umuryango we ibyiza, agaragaza ko nubwo bitamworoheye, yemeye kwakira ubuzima yinjiyemo.
Yagize ati: “Nifurije uwahoze ari umukunzi wanjye Naseeb Abdul n’umuryango we ibyiza byose. Kuri ubu ngiye gufata umwanya wo gukira ibikomere, kwita ku buzima bwanjye no gushyira imbaraga mu muziki wanjye. Twagerageje gukomeza urukundo rwacu ariko Imana igira imigambi yayo, kandi nta kundi nabigenza uretse kubyemera. Ubu ni ubuzima.”
Mu butumwa bwe, Zuchu ntiyagaragaje icyaba cyaratumye bafata umwanzuro wo gutandukana, ni mu gihe Diamond Platnumz kugeza ubu atari yatangaza icyo abivugaho kugeza.
Aya makuru aje nyuma y’umunsi umwe abakunzi babo batangiye kwibaza impamvu Zuchu atagaragaye mu birori byo kwizihiza isabukuru ya Mama Dangote, umubyeyi wa Diamond Platnumz.
Kutaboneka kwe muri ibyo birori byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe batangira gukeka ko umubano wabo utari ugihagaze neza.
Mbere gato y’itangazo rya Zuchu, inshuti ya hafi ya Diamond Platnumz ndetse akaba n’Umudepite muri Tanzania, Baba Levo, yari yatangaje ko Zuchu atwite. Icyakora, Zuchu ntiyigeze agira icyo avuga kuri ayo makuru mu butumwa bwe.
Urukundo rwa Zuchu na Diamond Platnumz rwakunze kuvugisha benshi mu myaka yashize. Mu bihe bitandukanye bombi bagiye batangaza ko batandukanye, ariko nyuma bakongera kwiyunga.
Mu mwaka ushize kandi, havuzwe amakuru y’uko aba bombi bakoze ubukwe mu ibanga nyuma y’imyaka myinshi abakunzi babo bakekaga ko baba barasezeranye, nubwo nta tangazo bari barigeze batangaza.
yanditswe na Seif Gracien Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Mu Rwanda rwo hambere, imyemerere yakorwaga mu mihango gakondo, aho habagaho kwambaza ryangombe, guterekera, biganisha ku kwemera ndetse n’ibindi byakorwaga mbere y’umwaduko w’abazungu.
Abazungu bakigera mu Rwanda, binjije amatwara y’imyemerere yabo mu Banyarwanda. Icyo gihe amadini n’amatorero ntabwo yari menshi cyane, nyamara mu myaka irenga 16 ishize yariyongereye ku buryo bugaragara. Kuva mu myaka yo hambere, amadini n’abayayoboraga bafatwaga nk’abareberera b’abakirisitu mu nzira igana ku butungane nyabwo, ibyo bigatuma bagaragara nk’abatagatifu badashobora gukora ikibi icyo ari cyo cyose.
Muri iki gihe, amwe mu madini yadutsemo imvururu zishingiye ku kwikunda no kwikubira imitungo, bituma abakirisitu bayafata nk’agamije kubakamamo ubushobozi bwabo, aho kubayobora mu nzira nyayo igororotse.
Ntagengwa Omar, Umunyarwanda uba ku mugabane w’iBurayi mu gihugu cy’u Bubiligi, avuga ko Sacre ari imibereho y’amadini kandi ko ishobora no kuba mu bintu bitandukanye.
Ati: “Ushobora kuvuga uti igiti ni Sacre cyangwa uriya mugezi ni Sacre. Ibi rero, wagaruka ku bibazo by’amadini igihe habayeho Sacre, abantu bagomba kumvikana uburyo babana na yo kuko itanga amabwiriza, ikagena umurongo, ikagira ibyo ibuza n’ibyo itegeka.”
Ntagengwa Omar avuga ko Sacre ari cyo abanyamadini bahuriyeho, kikaba ari cyo kibaha umurongo ngenderwaho. Ati: “Ntabwo rero wayobya umurongo wanjye, uwawe n’uw’undi ngo bikunde. Ahubwo ikibazo kiba mu idini si ukubaho kw’amadini, ahubwo ni amadini atakaza igitekerezo cya Sacre akagendera ku migenzo.”
Akomeza gushimangira agira ati: “Imigenzo, iyo amagambo yarenze umugani n’ibirango ni ibintu bivuga ayo magambo bikerekana Sacre, ukagaragaza ishusho yayo ifatika. Nk’uko iyo tuvuze igihugu tuvuga ibendera, ariko mu rwego rwo kuryubaha tukumva ko rihagarariye igihugu, ni cyo kiriha agaciro. Ikindi cya nyuma ni imigenzo. Iyo migenzo isobanura cya gihugu kidahari. Ni ukuyikorera aho ngaho ugasobanura igihugu. Ntabwo idini ubwaryo ari ikibazo, ahubwo ikibazo kiba mu madini y’uyu munsi ni ugushukwa no kugendera ku migenzo aho kugendera ku bitekerezo.”
Ntagengwa Omar akomeza avuga ko igitekerezo ari cyiza, ariko abantu bubatse imihango yo gukora imigenzo, bashyiraho n’ibimenyetso byayo nk’ijosi ry’amahame ari mu kwemera kugira ngo ajye mu bikorwa. Aha atanga urugero kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, agira ati: “Jenoside yateguriwe hamwe kandi ishyirwa mu bikorwa, ariko kandi abantu baricaga bakajya no gusengera mu misigiti, bagafata rya jambo ry’Imana bakarivuga no mu kiliziya. Ni ukuvuga ko turi mu migenzo itandukanye n’igitekerezo cy’urukundo dushingiraho, kuko aho ni ho hari ikibazo. Dushaka kurebera idini mu muntu aho kumurebera mu bikorwa.”
Ati: “Natwe mu Bayisilamu bibamo ugasanga ngo kanaka ni umunyedini, arasali, ariko ashobora kuvayo akamara abantu, akiba cyangwa yamara gusali gakora n’ibindi. Ni ukuvuga ko imibereho yacu, kubera ko imigenzo ari yo iboneka, ari yo twahinduye idini. Ikibi mu idini ni ukugendera ku mihango ugasiga ibitekerezo bizima.”
Ntagengwa Omar akomeza avuga ko amadini ubwayo atari mabi, ariko ateza ikibazo cy’icyo abandi bita imbaraga zo hejuru cyangwa kikaba igitekerezo kituyobora kikaduha umurongo ngenderwaho. Ati: “Abantu Imana barayimitse, barayitaye bajya mu mihango. Ni na yo mpamvu uzumva bavuga ngo kanaka ni umunyedini mwiza. Wamubaza aho abibonera akagusubiza ko yitabira amasengesho, akaririmba cyane ateretse amaso, nyamara ashobora kugutera icyuma mu mugongo. Urugero ni intambara ziba mu madini ubwadz0. Nyamara iyo bari gusenga baba bahumurije, bateretse amaso.”
Atanga urugero ku Bangilikani, avuga ko ir’idini ryashinzwe mu mwaka wa 1517, aho nyuma yo gushyirwaho kwaryo, abitwa Abagatolika bishe Abaporoso mu ntambara yatangiye mu 1525 mu gihugu cy’u Bufaransa ikageza mu mwaka wa 1610, barwana bica Abaporoso, ukibaza icyo babicaga babahoye kikakuyobera. Ati: “Urugero naguha ni uko abo babicaga babaga bagiye mu misa, bakavamo bari kumwe na Padiri, bakajya gushaka abagore b’Abaporoso bashyinguwe bakabataburura bakabasambanya kandi byitwa ngo bavuye mu kiliziya bayobowe na Padiri.”
Ibi no mu Basilamu nabikwereka, no muri gakondo. Ati: “Gakondo twumva ko Musinga yari umuntu w’igitangaza, ariko se uzi abantu bo kwa Musinga bicanywe n’abo kwa Mutara? Ese iyo gakondo yababujije kwicana? Iyo tureba intambara zo kwa Gatarabuhura na Gahindiro, bose bari muri gakondo imwe. Rero abantu mukwiye kwitonda. Nta byo kumva ngo iri dini ni ryo ry’ukuri, ririya si ukuri, Ibyo muzabireke kuko amadini yose uyagiyemo wasanga afite ibibazo bimwe. Simvuga abakirisitu gusa kuko n’Abasilamu bahora mu ntambara zo guhangana.”
Omar Ntagengwa agaruka no ku idini ry’Abashiya, aho avuga ko ryaturutse igihe Abasuni bayoborwaga n’umuntu witwaga Mwawiya mu mwaka wa 1680, aho bishe umwuzukuru w’Intumwa y’Imana Muhamadi. Ati: “Uyu munsi iyo bavuze Muhamadi (SAW), bisobanura amahoro n’imigisha bibe kuri we. Wibeshye ukavuga ngo ntibishoboka, wamurwa inyuma. Ariko abo bari kumwe bamwiciye umwuzukuru, bamwicira abana. Iyo umuntu abikubwiye ugira ngo ni imikino, ukagira ngo ni ikintu cyoroshye. Nyuma yo kumwica i Karibara ni bwo hahise havuka idini ry’Abashiya. Ibi rero ni akaga gatangiza idini hakavuka abantu babyemera.”
Ati: “Idini ni iki? Ni Opinion de Partage, ari byo bisobanura ibitekerezo bisangiwe. Babitubwira tugahita tubyemera, twagira imbaraga bigakomeza. Izo mbaraga ziva mu butegetsi bwa politiki. Iyo butabayeho nta dini na rimwe ku isi ritagira igitekerezo ryavuyeho.”
Omar Ntagengwa akomeza avuga no ku makimbirane aba mu madini, aho avuga ko buri wese yumva idini asengeramo ari ryo ry’ukuri kandi ko ukuri kuri kumwe na we, bityo utari kumwe na we akaba ari mu buyobe. Ati: “Ikibazo rero kiba he? Kiba ku byo wabwiwe, nawe ukumva ko ugomba kubibwira abantu ku neza cyangwa ku nabi. Iyo akugiriye nabi mu idini ntabwo amenya ko akugiriye nabi, ahubwo abona ko akugiriye neza kuko yamamaza ukuri nyako kandi kuvuye ku Mana.”
Ati: “Ni nde se utakwamamaza ukuri kuvuye ku Mana kugira ngo gukize abantu, gukize abarimbuka? Ni yo mpamvu uzumva bavuga bati ‘Muze mugane inzira y’ubugingo muhonoke.’ Njye uko numva ibintu ni ko kuri kwonyine. Umuyisilamu akubwira ko idini ryemewe ari Ubuyisilamu, udasengeramo yaciriweho iteka kandi yarayobye. Abagatolika na bo bakakubwira ko hanze ya Kiliziya nta mukiro. Abaporoso na bo bati ‘nabonye agakiza’, bisobanuye ngo nararokotse. Ako gakiza iyo umaze kukabona, ubona ko utarakabona ari yo mpamvu wirirwa uzenguruka imisozi uvuga ngo ‘nimurokoke’, kandi kurokoka biri mu mufuka wa buri wese.”
Kuva u Rwanda rwabona ubwigenge mu mwaka wa 1962 kugeza mu mwaka wa 2012, mu gihugu habarurwaga amadini n’amatorero atarenga 180. Nyuma y’uko hashyizweho uburyo bwo kuyandika, yaje kwiyongera ku bwinshi, aho mu mwaka wa 2016 yari ageze kuri 1,500, aya akaba ari ayari yanditswe mu buryo buzwi, mu gihe hari andi menshi atarigeze yiyandikisha muri RGB.
Muri uwo mwaka, Umujyi wa Kigali wonyine wari ufite amadini 685, aho muri Nyarugenge hari 184, Gasabo 289 na Kicukiro 212.
Mu mwaka wa 2024 ni bwo RGB yakoze igenzura mu nsengero zisaga ibihumbi 13, ryasize nibura 59.3% by’izi nsengero zifunzwe kubera ko zitujuje ibisabwa. Mu gihe RGB yatangaje ko igenzura ryakozwe muri Gashyantare 2025 ryasize amadini n’amatorero 20 byambuwe uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.
By Seif Shaggy Graciena Hasingizwimana/Kigali,Rwanda,
Muri gahunda yo guteza imbere ubuhinzi burambye no kurinda ubutaka, Guverinoma y’u Rwanda irakangurira abahinzi guhindura uburyo bwagakondo bahingamo, bagakoresha ubuhinzi busubiza ubutaka ubuzima (Regenerative Agriculture), babutwikira mu rwego rwo kugabanya isuri no kongera umusaruro.
Ibi byagarutsweho na Dr Patrick Karangwa, Directeur Général muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi kugira ngo igihugu kigere ku kumusaruro w’ibiribwa uhagije no kwihutisha iterambere ry’ubukungu.
Ati “Binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Guverinoma y’u Rwanda yiyemeje guhindura ubuhinzi n’ubworozi bwa gakondo kugira ngo igihugu cyacu kigere ku musaruro w’ibiribwa uhagije ndetse binatange umusanzu mu iterambere ry’ubukungu. Intego yacu ni ukuvugurura ubuhinzi mu buryo burambye.”
Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara hashobora kuba ingwe (leopards) ziri hagati ya 45,000 na 143,000 mu gasozi, nubwo iyi mibare itandukanye n’ubushakashatsi bwabanje bwatangaga imibare itandukanye.
Abashakashatsi mu bijyanye no kubungabunga ibinyabuzima bo muri Nottingham Trent University mu Bwongereza bavuga ko nubwo umubare w’ingwe ziriho ubu ushobora kuba muto kurusha uko byatekerezwaga, Afurika ishobora kugira ubushobozi bwo kwakira ingwe zi Igera ku 176,000 mu duce twazo tw’amateka, mu gihe hafashwe ingamba zikwiye zo kuzirinda.
Abashakashatsi bagaragaje ko iyi mibare atari ibarura nyaryo ry’umubare w’ingwe zose, kuko amakuru menshi yakusanyijwe mu duce turinzwe, aho ibinyabuzima bifite ubuzima bwiza kurusha ahantu hatuwe n’abantu cyangwa hakorerwa ubuhinzi.
Ubushakashatsi bwerekanye ko ingwe zigabanuka cyane mu duce turimo ibikorwa byinshi by’abantu, cyane cyane ahari amatungo menshi, imidugudu iri hafi ndetse n’ahantu ubuhinzi bwiganjemo. Zagaragaye cyane mu duce dufite inyamaswa zitungwa n’inyamanswa nyinshi, cyane cyane iziribwa n’ingwe nk’izitwa ungulates ndetse n’ingurube zo mu gasozi.
Abashakashatsi bavuga ko umubare muto w’ingwe z’ingabo zikuze, uri hagati ya 2,800 na 8,700, ari wo uba hanze y’ahantu harinzwe mu bihugu byemera ubu buryo bwo guhiga.
Antonio Uzal, umwarimu wungirije mu bijyanye n’ibinyabuzima bibungabungwa muri Nottingham Trent University, yavuze ko kubura imibare yizewe bituma bigora za guverinoma n’imiryango ishinzwe kubungabunga ibidukikije gutegura gahunda zifatika zo kurinda no kongera umubare w’ingwe.
Yavuze ko ubu bushakashatsi butanga amabwiriza afatika yo gufasha mu kubungabunga ingwe ndetse no gushyiraho intego zihariye bitewe n’ahantu hagaragara ko hakenewe ubufasha.
Julien Fattebert, umwe mu bakoze kuri ubu bushakashatsi akaba ari umushakashatsi muri Vilnius University muri Lithuania ndetse na Nelson Mandela University muri Afurika y’Epfo, yavuze ko hakenewe kuvugurura byihutirwa ibipimo byo guhiga ingwe hashingiwe ku makuru mashya, kugira ngo hirindwe kugabanuka kw’izi nyamaswa.
Abashakashatsi bavuga ko mu duce dutari ahantu harinzwe, aho bitaramenyekana neza umubare w’ingwe zihari, hakwiye gushyirwa imbere gukoresha uburyo bwo kuzikurikirana hakoreshejwe amamashusho afatwa n’imashini (camera trapping) no gusana ahantu zibamo.
Kalpapran Patowary, umwanditsi wa mbere w’ubu bushakashatsi akaba ari umunyeshuri wa PhD muri Clemson University muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yavuze ko intego nyamukuru yari ukumenya uko ingwe zihagaze mu duce dutandukanye twa Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara.
Yavuze ko igihe n’umutungo bikwiye kwerekeza mu duce ingwe zishobora kuba zikibamo ariko zidahagarariwe neza mu bushakashatsi, cyane cyane mu bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika.
Amakuru y’ifatwa rya Yugi Umukaraza yemejwe n’Umuvugizi wa RIB (Rwanda Investigation Bureau), Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko uyu musore afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kimironko mu gihe iperereza rikomeje gukorwa kugira ngo hamenyekane ukuri ku byaha akekwaho.
Iki kibazo cyatangiye kuvugisha benshi nyuma y’uko Shaddyboo atangaje ko yasambanyijwe ku gahato mu ijoro ryo ku wa 21 Kamena 2026, nyuma y’uko Yugi Umukaraza yari yagiye kumusura iwe.
Nk’uko Shaddyboo yabivuze, ngo bari basanzwe baziranye ndetse bafitanye ubucuti. Avuga ko uwo mugoroba basangiye inzoga, ariko nyuma akaza kwisanga mu gitondo yambaye ubusa .
Ati” nabyutse sanga nambaye ubusa, ibintu byatumye nkeka ko nasambanyijwe mu gihe nari kumwe na Yugi dusangira inzoga
Ikirego cya Shadia cyahise cyakirwa na RIB, ndetse ahabwa ubufasha binyuze muri Isange One Stop Center nk’uko bikorwa ku bantu bavuga ko bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
HUYE – Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Kamena 2026, ibitaramo ngarukamwaka bya MTN Iwacu na Muzika Festival byatangiye ku nshuro ya karindwi mu Karere ka Huye, aho byabereye muri Sitade ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, bikitabirwa n’abafana benshi bari baje kwihera ijisho abahanzi batandukanye bari bategerejwe kuri uru rubyiniro.
Iki gitaramo cyateguwe na MTN Rwanda ku bufatanye na East African Promoters (EAP), kikaba ari cyo gitangije urugendo rw’ibitaramo ruzakomereza mu turere twa Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu.
Uyu mwaka, kimwe mu byaranze iri serukiramuco ni uguha umwanya abahanzi bo mu ntara kugira ngo bagaragaze impano zabo imbere y’imbaga y’abakunzi ba muzika. Igitaramo cyafunguwe na Polyvalent wo mu Karere ka Huye waririmbye kuva saa cyenda kugeza saa cyenda n’igice z’amanywa, akurikirwa na Mugara ukomoka mu Karere ka Rubavu waririmbye kuva saa kumi kugeza saa kumi n’iminota makumyabiri.
Ibi bitaramo byari biyobowe n’abashyushyarugamba MC Buryohe na MC Bianca, bakomeje gutuma abafana basusuruka mbere y’uko igiataramo gitangira ndetse na hagati mu iyakuranwa ry’abahanzi ku rubyiniro.
Symphony Band niyo yacurangiye abahanzi bose banyuze ku rubyiniro yanzikana na Amalon kuva saa kumi n’igice kugeza saa kumi n’imwe. Amaloni yaririmbye indirimbo zirimo “Delira”, “Impanga”, “Yambi”, “Impunzi”, “N’Imana” na “Byakubaho”, asoza ku ndirimbo “Single” yakoranye na Weasel Manizo wo muri Uganda.
Ross Kana yakurikiyeho hagati ya saa kumi n’imwe na saa kumi n’imwe n’igice, aririmba indirimbo zirimo “Foude Toi”, “Sesa”, “Mami” ndetse asoza kuri “Molela”. Indirimbo “Sesa” na “Molela” zatumye abafana benshi bafatanya na we kuririmba, bigaragaza ko bazizi neza.
Kivumbi King yageze ku rubyiniro saa kumi n’imwe n’igice aririmba “Hanze”, “Kiri Gute”, “Yalampaye” asoreza kuri “Wait”, indirimbo yazamuye amarangamutima y’abafana. Mu minota 30 yamaze ku rubyiniro yaririmbye indirimbo eshanu mbere yo kuhava saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Marina yakurikiyeho kuva saa kumi n’ebyiri kugeza saa kumi n’ebyiri n’igice. Yaririmbye indirimbo zakunzwe zirimo “Madede”, “Do Me”, akomereza kuri “Bimpame” yahinduye isura y’igitaramo ubwo yayibyinanagaho na DJ Phil Peter bayikoranye. Yanaririmbye “Agafoto” mbere yo gusoza kuri “Paje”, indirimbo aherutse gushyira hanze.
Kenny Sol yafashe urubyiniro saa kumi n’ebyiri n’iminota 35 aririmba “Haso”, “Igitangaza”, “Joli”, “Phenomena” ndetse asoza kuri “Molomita” yakoranye na Nel Ngabo. Indirimbo “Joli” by’umwihariko yatumye abafana benshi basimbukana ibyishimo muri sitade.
Icyakora, umwe mu bahanzi bahinduye cyane isura y’igitaramo ni Bushali. Kuva saa moya kugeza saa moya n’iminota 45, yaririmbye indirimbo zirimo “Zezeze”, “Tugendane”, “Umwirabura”, “Meteresi”, “Kinyatrap” na “Ku Gasima”. Ubwo yari ku rubyiniro, abafana benshi babyinnye karahava ku buryo Sitade yose yari yuzuye ivumbi kuva atangiye kugeza asoje urubyiniro rwe.
Nyuma ye hakurikiyeho Platini P waririmbye “Icupa”, “Atansiyo”, “Urare Aharyana” ndetse asoza kuri “Mumutashye”, indirimbo zatumye abakunzi b’itsinda rya Dream Boys bongera kwibuka ibihe byiza byaryo.
David D aka Shine Boy yaririmbye kuva saa mbiri kugeza saa mbiri n’iminota 20, atanga ibyishimo binyuze mu ndirimbo “Shake”, “Micro”, “Turarenze” yakoranye na Ish Kevin ndetse asoza kuri “Dede”.
Igitaramo cyasojwe na Chris Eazy wari utegerejwe na benshi. Yageze ku rubyiniro saa mbiri n’iminota 50 aririmba indirimbo zirimo “Sambolela”, “Basi Sori”, “Jugumila” n’izindi zakunzwe cyane, mbere yo gusoreza kuri “My Mind” aheruka gukorana n’umuhanzikazi ukizamuka Utah Nice. Ubwo yasozaga, abafana bari buzuye sitade bagaragaje ibyishimo bidasanzwe.
Abahanzi batandukanye berekanye ubuhanga bwabo imbere y’ibihumbi by’abakunzi ba muzika.
MTN Iwacu muzika Festival izakomereza mu turere dutandukanye tw’u Rwanda, aho abakunzi bazaririmbirwa nabigeze gutwara ibihembo bya Primus guma guma Super Star.
kubera ibidasanzwe byabereye iHuye umwana byamurenze yifata ku munwa